Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, Uruguay yahagaritse imikino 14 Argentina yari imaze idatsindwa iyitsinda ibitego 2-0,mu mikino y’amajonjora y’igikombe cy’isi mu gace kabo ka Amerika y’Amajyepfo.
Messi na bagenzi be batsinzwe umukino wa mbere,nyuma yo kwisasira amakipe menshi bagatwara igikombe cy’isi giheruka kubera muri Qatar umwaka ushizr.
Argentina iheruka gutsindwa muri icyo gikombe cy’isi na Saudi Arabia,ibitego 2-1.
Ibitego bya Uruguay byatsinzwe na myugariro Ronald Araujo fku munota wa 41 hanyuma rutahizamu wa Liverpool,Darwin Nunez ashyiramo icya kabiri ku munota wa 87.
Igitangaje nuko Argentina yatsindiwe mu rugo kuri Bombonera Stadium mu muji wa Buenos Aires.
Nyuma yo gutsindwa, Messi yagize ati: "Ntabwo twigeze twumva tumerewe neza.Ni ikipe ikinisha imbaraga, ikora neza kandi kuri counterattack bari bateye ubwoba bikomeye.
Hagati aho, umutoza wa Argentine, Lionel Scaloni, yashyigikiye ikipe ye ndetse ayisaba kwisuganya vuba kuko mu cyumweru gitaha bazasura Brazil.
Ku rundi ruhande, Luis Diaz yatsinze ibitego bibiri Colombia gutsinda Brazil ibitego 2-1.
Brazil yatsindiwe i Bogota na Colombia na Luis Diaz wakinishije imbaraga ngo ashimishe Papa we wari warashimuswe n’inyeshyamba zikamurekura nyuma.Uyu musaza yari yaje kureba uyu mukino.
Ikipe ya Brazil ifite amanota 7 mu mikino 5, iri ku mwanya wa 5 mu gihe Argentina bazahura ku wa 3 iyoboye n’amanota 12.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *