Mu itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’ikipe ya Liverpool FC ryemeje ko, umutoza Arne Slot atakiri umutoza mukuru wayo, kandi iki cyemezo cyahise gitangira gushyirwa mu bikorwa itangazo, rikimara gusohorwa.
Arne Slot asezerewe muri Liverpool FC asize amateka akomeye nyuma yo gufasha iyi kipe kwegukana igikombe cya Premier League Saison 2024/2025. Ubuyobozi bwa Liverpool bwashimiye umusanzu we, buvuga ko azahora yibukirwa mirimo yakoze ndetse n’ibyo yagejeje kuri iyi kipe.
Ni inkuru yatunguye benshi mu bafana ba Liverpool FC ndetse n’abakurikiranira hafi umupira w’amaguru mu Bwongereza, cyane cyane kubera ko Slot yari amaze guha ikipe umusaruro mwiza muri iyi myaka ibiri n’ubwo uyu mwaka urangiye atabashije gukomeza kwitwara neza.
Muri iri tangazo, Liverpool yavuze ko, yatangiye gahunda yo gushaka umutoza mushya uzasimbura Slot, mu gihe ikipe ikomeje kwitegura amarushanwa ari imbere. Umutoza urimo kuvugwa ni umunya-Espagne Andoni Iraola Sagarna watozaga AFC Bournemouth wamaze gusezera iyi kipe.
Kugeza ubu, nta makuru arambuye aratangazwa ku mpamvu zatumye impande zombi zitandukana. Gusa, ubuyobozi bwa Liverpool bwemeje ko buzatangaza amakuru arambuye mu gihe gikwiye.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *