Ikipe ya Arsenal iri hejuru ya Manchester United mu rugamba rwo gushaka rutahizamu Victor Osimhen,nkuko amakuru ari kubitangaza.
Kizigenza wa Napoli arifuzwa na benshi ariyo mpamvu ibinyamakuru byose ku isi bikomeje gukurikirana amakipe amushaka.
Osimhen w’imyaka 24,ari gutsinda ibitego ubutitsa kuko ubu yujuje imyaka 21 mu marushanwa yose aho ikipe ye ikomeje kuyobora shampiyona ya Serie A ndetse inateye ubwoba muri Champions League.
Man United izashaka rutahizamu byanze bikunze mu (…)
Ikipe ya Arsenal iri hejuru ya Manchester United mu rugamba rwo gushaka rutahizamu Victor Osimhen,nkuko amakuru ari kubitangaza.
Kizigenza wa Napoli arifuzwa na benshi ariyo mpamvu ibinyamakuru byose ku isi bikomeje gukurikirana amakipe amushaka.
Osimhen w’imyaka 24,ari gutsinda ibitego ubutitsa kuko ubu yujuje imyaka 21 mu marushanwa yose aho ikipe ye ikomeje kuyobora shampiyona ya Serie A ndetse inateye ubwoba muri Champions League.
Man United izashaka rutahizamu byanze bikunze mu mpeshyi ndetse uvugwa cyane n’uyu munya Nigeria na Harry Kane.
Nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru cyo Butaliyani cyitwa Rai, Arsenal ngo iri hejuru ya Man United mu rugamba rwo gushaka uyu rutahizamu.
Ikipe ya Arsenal nta rutahizamu utsinda ibitego byinshi ifite nyuma yo kurekura Pierre-Emerick Aubameyang muri Mutarama 2022 na Alexandre Lacazette nyuma y’amezi atandatu yakurikiyeho.
Yaguze Gabriel Jesus muri Manchester City,gusa uyu munya Brazil ntiyabonetse mu mezi asaga 4 ashize kubera ko yavunikiye mu gikombe cy’isi.
Eddie Nketiah niwe umaze iminsi ashakira ibitego Arsenal ariko ntabwo yamaze inyota abafana nubwo hari imikino yagiye yitwara neza.
Uyu rutahizamu wo muri Serie A biravugwa ko azagurwa miliyoni 133 z’amapawundi witwa Osimhen,bigenze gutyo yakuraho agahigo ka miliyoni 106 z’amapawundi zatanzwe na Chelsea kuri Enzo Fernandez muri Mutarama na miliyoni 72 z’amapawundi yaguzwe Nicolas Pepe.
Andi makipe ashaka Osimhen harimo Chelsea na PSG kandi zose zizwiho gutanga akayabo ku isoko.PSG isanzwe igura muri Napoli kuko yahakuye Edinson Cavani, Ezequiel Lavezzi na Fabian Ruiz.
Arsenal niyo iyoboye urugamba rwo kuzegukana Osimhen mu mpeshyi
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *