skol

Arsene Wenger yavuze amagambo akomeye kuri Arsenal y’uyu mwaka

Yanditswe: Wednesday 14, Sep 2022

featured-image

Umutoza Arsene Wenger yaretse guceceka yari yarahisemo ku byerekeye ikipe ya Arsenal yemeza ko Mikel Arteta ashobora gukora amateka agahatanira igikombe uyu mwaka.
Uyu wabaye umutoza w’umunyabigwi mu mateka y’iyi kipe ntabwo yigeze asubira kuri Emirates kuva yirukanwa muri 2018 kandi yanze ashikamye kuvuga kuri iyi kipe yasize.
Ariko ubu uyu Mufaransa w’imyaka 72 yafungutse avuga byinshi ku mikinire ya Arsenal ndetse ntiyashobora guhisha ko yishimiye akazi kari gukorwa na Arteta. (…)

Umutoza Arsene Wenger yaretse guceceka yari yarahisemo ku byerekeye ikipe ya Arsenal yemeza ko Mikel Arteta ashobora gukora amateka agahatanira igikombe uyu mwaka.

Uyu wabaye umutoza w’umunyabigwi mu mateka y’iyi kipe ntabwo yigeze asubira kuri Emirates kuva yirukanwa muri 2018 kandi yanze ashikamye kuvuga kuri iyi kipe yasize.

Ariko ubu uyu Mufaransa w’imyaka 72 yafungutse avuga byinshi ku mikinire ya Arsenal ndetse ntiyashobora guhisha ko yishimiye akazi kari gukorwa na Arteta.

Wenger yagize ati: “Navuga ko bari mu cyerekezo cyiza. Ndababwiza ukuri ko ntekereza ko nta mwanya ufite intege nke mu ikipe ... ni bato, abakinnyi batanga icyizere kandi baguze neza uyu mwaka.

Nta kipe iyoboye cyane kurusha izindi muri iyi shampiyona kandi Arsenal ifite amahirwe bitewe n’ubushobozi bw’abakinnyi ifite.

Twahoze turi muri bane ba mberekuki tutabyongera? Ntushobora no guhakana ko bashobora kurwanira igikombe kandi twizeye ko bazabikora. ”

Wenger wegukanye ibikombe bitatu bya shampiyona ndetse n’ibikombe birindwi bya FA mu gihe cy’imyaka 22 yamaze atoza Arsenal, yavuze ibi mu muhango wo
gushyigikira,David Dein,wahoze ari visi perezida w’iyi kipe, kumenyekanisha igitabo cye gishya Calling The Shots.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa