Aruba yanyagiye Macau mu mukino ufungura FIFA Series i Kigali
Yanditswe: Thursday 26, Mar 2026
Aruba yanyagiye Macau ibitego 4-1, mu mukino wa mbere w’irushanwa rya gicuti ritegurwa n’Ishyirahamwe ry Ruhago ku Isi (FIFA) rya FIFA Series 2026, riri kubera i Kigali.
Kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Werurwe 2026, ni bwo kuri Kigali Pele Stadium hatangiye gukinirwa imikino yo mu Itsinda B rya FIFA Series 2026, ririmo amakipe ane.
Aruba yakiriye Macau, ndetse itangira neza umukino kuko ku munota wa gatanu yabonye igitego cya mbere cyatsinzwe na Carlito Fermina, nyuma yo guherezwa umupira na Kymani Nedd.
Macau yananiwe kwisanga mu mukino yatsinzwe igitego cya kabiri ku munota wa 13, gishyizwemo na Jaybrien Romano waherejwe umupira na Gello Robertha.
Romano wari mwiza mu gice cya mbere cy’uyu mukino, yashyizemo igitego cya gatatu ku munota wa 16, ari na cyo cya nyuma cyabonetse mbere y’uko amakipe ajya mu karuhuko.
Aruba yarushije cyane Macau, yashyizemo igitego cya kane, cyatsinzwe na Conner van Kilsdonk, winjiye mu kibuga asimbuye Paul Nickelson.
Macau yakoze impinduka ikura mu kibuga abakinnyi batandatu. Mu kibuga havuyemo Chi Chio, Dion Carlos Choi, Weng-Kin Lam, Wai-Hin Leong, Hou-In Si na Pan Si Kit, hajyamo Leong Ka Hang, Lei Hou-In, Cho-Fong Huang, Cheong Ka Long, Jorge Vitorino na Marcos Cheong.
Leong Ka Hang yahise atsinda igitego cya mbere cya Macau ku munota wa 87, ari na cyo cya nyuma cyabonetse muri uyu mukino warangiye ari ibitego 4-1, Aruba igera ku mukino wa nyuma, naho Macau ikazahatanira umwanya wa gatatu mu Itsinda B.
Umukino ukurikiyeho urahuza Tanzania na Liechtenstein, kuri Kigali Pele Stadium.





Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *