AS Kigali itsinze APR FC yegukanye igikombe cy’intsinzi cup
Yanditswe: Saturday 02, Sep 2017
Ikipe ya AS Kigali niyo yegukanye igikombe cy’Intsinzi Cup cyateguwe n’akarere ka Rubavu, nyuma yo gutsinda ikipe ya APR FC ku mukino wa nyuma wabereye kuri stade Umuganda kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 02 Nzeri uyu mwaka. Ikipe ya AS Kigali yegukanye iri rushanwa rya Rubavu Intsinzi Cup 2017 itsinze APR FC penaliti 3-2 nyuma y’aho amakipe yombi yarangije iminota 90’ isanzwe y’umukino anganya ibitego 2-2. Ikipe ya AS Kigali niyo yafunguye amazamu bwa mbere kuko ku munota wa 7’ w’umukino (…)
Ikipe ya AS Kigali niyo yegukanye igikombe cy’Intsinzi Cup cyateguwe n’akarere ka Rubavu, nyuma yo gutsinda ikipe ya APR FC ku mukino wa nyuma wabereye kuri stade Umuganda kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 02 Nzeri uyu mwaka.
Ikipe ya AS Kigali yegukanye iri rushanwa rya Rubavu Intsinzi Cup 2017 itsinze APR FC penaliti 3-2 nyuma y’aho amakipe yombi yarangije iminota 90’ isanzwe y’umukino anganya ibitego 2-2.
Ikipe ya AS Kigali niyo yafunguye amazamu bwa mbere kuko ku munota wa 7’ w’umukino Ally Niyonzimayatsinze igitego kuri coup franc . Iki gitego cyaje kwishyurwa na Sekamana Maxime ku munota wa 43’ maze amakipe yombi ajya kuruhuka anganya igitego 1-1.
Igice cya kabiri ikipe ya APR FC yagitangiranye ingufu bituma ibasha kubona igitego cya kabiri ku munota wa 84’ cyitsinzwe na Savio Nshuti Dominique.
Numa yo gutsindwa igitego cya kabiri ikipe ya AS Kigali yasatiriye APR FC maze ubwo umukino waganaga ku musozo umukinnyi Nshuti Dominique Savio aza kucyishyura ,umukino urangira amakipe yombi anganya ibitego 2-2.
Nyuma yo kunganya kw’amakipe yombi amakipe yombi yagombaga gukizwa na penaliti zahiriye ikipe ya AS Kigali kuko yinjije penaliti 3-2 ihita inegukana iki gikombe.




Ibitekerezo
Savio se yatsinze ibitego2mumakipe atandukanye?mukosore mukosore
nitwa NSHIMIYIMANA EMMANUEL APR Niyihangane izatwara shampiyona