skol

AS Roma yarahiriye gutungura Liverpool ikayisezerera muri Champions League

Yanditswe: Wednesday 02, May 2018

Ikipe ya Roma irashaka gusubiramo ibyo yakoreye FC Barcelona mu mukino irahuramo na Liverpool, aho isabwa kuyitsinda ibitego 3-0,mu mukino wa kabiri wa ½ cya UEFA Champions League.

Ikipe ya Roma ishaka gukora icyo yise Romantada,yiteze kuririra kuntege nke za Liverpool,ikayisezerera iyitsinzeibitego 3-0 mu mukino irakira ku kibuga Estadio Olimpico mu Butaliyani.

AS Roma irasabwa gutsinda ibitego 3-0 kugira ngo igere ku mukino wa nyuma

Benshi batunguwe n’uko umukino wa mbere warangiye ,ubwo Liverpool yatsindaga aba baturanyi ba papa ibitego 5-2.

Icyizere cya AS Roma gishingiye kuri rutahizamu Edin Dzeko,umaze igihe kinini atsindira ibitego iyi kipe ndetse uyiheka aho bikenewe ko itsinda,mu gihe kuri Liverpool,ifite abasore 3 bayobora ubusatiriza barangajwe imbere na Mohamed Salah,Roberto Firmino na Sadio Mane.

Umutoza Eusebio Di Francesco yasabye abakinnyi be gukinana icyizere ndetse bakitanga kurenza indi mikino yose bakinnye,bakabasha gusanga Real Madrid ku mukino wa nyuma.

Yagize ati “Turashaka kongera gukora ibyo benshi badatekereza.Turifuza gukora ibintu bidasanzwe.Tugomba kwigirira icyizere,kandi tugashimisha abafana bacu baraba baturi inyuma ku buryo bukomeye,ndetse tukongera gukora ibitangaza kuko birashoboka.Ndishimira ko tugeze kuri uru rwego,ariko tugomba kurenzaho tugakatisha itike itwerekeza I Kyiv.

Ku rundi ruhande,umutoza Jurgen Klopp yatangaje ko bifuza kongera gukora amateka ndetse bakagera ku nzozi zabo zo kugera ku mukino wa nyuma.

Yagize ati “Turi hano kugira ngo duharanire kugera ku nzozi zacu.benshi baratekereza ko AS Roma igomba gutsinda 3-0,ibyo nibivugwa ku mukino.Ntabwo turi hano kugira ngo tugume mu rwumbariro,turi hano guhanganira ikintu gikomeye ndetse kugira ngo dutere intambwe ikomeye.Amateka ya Liverpool na Roma arahambaye.Ni umukino mwiza ugiye kubera kuri stade nziza,abafana beza, ndetse n’umugi mwiza.Kugira ngo utsinde bigusaba kuba intwari.

AS Roma na Liverpool ntabwo bakinnye imikino myinshi kuko umukino ubanza bakinnye ariwo mukino wa mbere bari bahuye,bikarangira Liverpool iyinyagiye 5-2.

Abakinnyi bashobora kubanza mu kibuga:
Roma:
Alisson; Florenzi, Manolas, Fazio, Kolarov; Nainggolan, De Rossi, Pellegrini; Schick, Džeko, El Shaarawy.
Abakinnyi badahari: Karsdorp ,Defrel, Perott, Strootman

Liverpool: Karius; Alexander-Arnold, Lovren, Van Dijk, Robertson; Wijnaldum, Henderson, Milner; Salah, Firmino, Mané.

Abakinnyi badahari: Matip, Oxlade-Chamberlain, Can, Gomez

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa