Ba nyiri Manchester United bafitiye ubwoba bukomeye abafana bwatumye batitabira igikorwa cy’ingenzi
Yanditswe: Monday 13, Nov 2023
Kuri uyu wa 13 Ugushyingo ni bwo hateganyijwe umuhango wo gushyingura umunyabigwi muri Manchester United n’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Sir Bobby Charlton.
Abo mu muryango wa Glazer bayoboye iyi kipe bashobora kutawitabira batinya ko bakwibasirwa n’abafana ba Man United batabifuza mu ikipe.
Uyu munyabigwi wa Man United n’Ubwongereza yapfuye mu kwezi gushize afite imyaka 86.
Yari amaze igihe arwana n’uburwayi bwo mu mutwe mbere y’uko apfa.
Kuri uyu wa mbere, isi y’umupira w’amaguru iribuka uyu watwaye igikombe cy’isi Sir Bobby, i Manchester.
Imihango yo gushyingura irabera kuri Old Trafford saa 1.30pm, mbere yuko yerekeza muri Katedrali ya Manchester.
Ariko nk’uko ikinyamakuru The Star kibitangaza ngo Glazers ntabwo biteganijwe ko baba bahari.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *