Bale yakoze igikorwa cyaciye amarenga ko yifuza kuva muri Real Madrid
Yanditswe: Thursday 31, May 2018
Kabuhariwe Gareth Bale wafashije Real Madrid gutwara igikombe cya UEFA Champions League uyu mwaka ubwo yinjiraga mu kibuga asimbuye agatsinda ibitego 2 muri 3-1 batsinze Liverpool,Nyuma y’umukino yatinze kugera mu rwambariro rwarimo bagenzi be ahubwo ajya kwiganirira n’abakinnyi ba Liverpool.
Uyu munya Wales watsinze igitego cyiza cyane ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League ubwo batsindaga Liverpool ibitego 3-1,yamaze iminota irenga 20 atarinjira mu rwambariro rwa Real Madrid aho bagenzi be barimo kwishimira igikombe,ajya kwiganirira n’abakinnyi ba Liverpool nkaho ntacyo bimubwiye.
Ubwo ikipe ya Real Madrid yakoraga umutambagiro wo kwereka abafana iki gikombe batwaye,Bale yari yicaye inyuma mu modoka yari itwaye abakinnyi ndetse ntiyigeze agaragaza ibyishimo,byatumye benshi bavuga ko ashobora kwigendera.
Icyababaje uyu musore cyane,ni ukuntu yashyizwe ku ntebe y’abasimbura n’umutoza Zinedine Zidane kandi mu mikino 4 yari aherutse gukina yaratsinze ibitego 5 ndetse biravugwa ko uyu musore azemera kuguma muri Real Madrid igihe bazamwemerera kumuha umwanya wo kubanza mu kibuga uhoraho.
Bale ahangayikishijwe n’uko amakipe yabasha kumukura muri Real Madrid ari make,kuko igiciro cye kiri hejuru ndetse n’umushahara ahabwa uraremereye.
Bimaze iminsi bivugwa ko ikipe ya Manchester United ishaka uyu musore umaze gutwara UEFA Champions League 4 mu myaka 5 amaze muri Real Madrid, gusa igiciro cye kiri hejuru ku buryo ubuyobozi bwa Manchester United butakwemera kurekura amafaranga yo kumugura.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *