skol

Bamwe mu batoza bahabwa amahirwe yo kuvamo uzatoza Real Madrid

Yanditswe: Friday 01, Jun 2018

Ku munsi w’ejo nibwo Zinedine Zidane yatigishije isi atangaza ko asezeye mu ikipe ya Real madrid nyuma y’iminsi 5 amaze kuyihesha igikombe cya UEFA Champions League aho Florentino Perez perezida wa Real Madrid yatangiye gushaka umusimbura we.

Nubwo hari ibihuha byinshi mu bitangazamakuru bitandukanye ku mugabane w’I Burayi,ikipe ya Real Madrid irashaka umutoza w’inararibonye umenyereye umwuga aho ku isonga yifuza Umudage utoza Liverpool Jurgen Klopp.

Abatoza bashobora kuzavamo uzatoza Real Madrid
1.Jurgen Klopp

Uyu Mudage utoza Liverpool yifujwe kuva kera n’ikipe ya Real Madrid ndetse bivugwa ko mbere y’uko Zidane ayerekezamo Perez yamutekerejeho,nubwo byarangiye akazi agahaye Zidane.

2.Arsene Wenger

Uyu mugabo wari umaze imyaka 22 mu ikipe ya Arsenal,yifujwe na Real Madrid inshuro 2 zose ubwo yari muri iyi kipe yo mu mujyi wa London akabyanga,gusa kuri iyi nshuro ari gutekerezwaho cyane na Perez kuko ubu ni umushomeri nyuma yo guhatirwa gusezera muri Arsenal.

3.Mauricio Pochettino

Uyu munya Argentina uri kubaka izina mu ikipe ya Tottenham,arifuzwa na Perez kubera ibyo amaze kugezaho Tottenham ndetse mu kirango cy’abatoza bari kuzamuka neza ari ku isonga.

4.Antonio Conte

Uyu mutaliyani ufite ubuhanga budasanzwe mu gupanga abakinnyi (tactics) nawe aratekerezwaho cyane koi bye na Chelsea bitarasobanuka gusa bivugwa ko ashobora gusezererwa muri iyi kipe.

5. José María Gutiérrez Hernández(Guti)

Uyu mugabo wakiniye Real Madrid igihe kinini,ni umwe mu bahabwa amahirwe yo gusimbura Real Madrid cyane ko atoza iyi kipe y’abatarengeje imyaka 19 ndetse bivugwa ko ariwe ufite amahirwe kuko azi Real Madrid kurusha aba bose.

Abandi bahabwa amahirwe:Maurizio Sarri,Joachim Low,Xabi Alonso,Luis Enrique.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa