skol

Basketball: Petit Stade mu isura shya yitegura kwakira imikno ya playoffs

Yanditswe: Thursday 29, Aug 2024

featured-image

Petit Stade yavuguruwe izakira imikino ya nyuma ya shampiyona ya Basketball imikino izatangira tariki 30 Kanama 2024.

Nyuma ya BK Arena yari isanzwe yakira imikino ya Basketball ,ubu hiyongereyeho Pett Stade ivuguruye ,nayo igomba kujya yakira imikino imwe nimwe ya Basketball.
Kwikubitiro tariki 30 Kanama 2024 haratangira imikino ya play offs izitabirwa n’amakipe ane ariyo PATRIOTS BBC ,KEPLER BBC,APR BBC na REG BBC.
Umukino wa mbere uzaba tariki 30 Kanama 2024 saa kumi n’ebyiri ,uzahuza PATRIOTS BBC NA KEPLER BBC mu gihe saa mbiri n’igice APR BBC izahura na REG BBC

Muri ½ cya Play Offs amakipe abiri azajya akina imikino 5, gusa hagize itanga indi gutsinda imikino itatu biba birangiye.
Amakipe abiri azagera Final , azakina imikino 7 gusa iyo hagize itanga indi imikino 4 biba birangiye. Ikipe izatwara igikombe izasohokera u Rwanda muri BAL (BASKETBALL AFRICA LEAGUE)
Kugeza ubu ibiciro byo kwinjira kuri iyi mikino ahasanzwe ni ibihumbi 10,000 rwf ndetse na 25,000 rwf muri VIP.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa