skol

Biravugwa: Rayon Sports yatumijwe mu rubanza ruremereye muri USA

Yanditswe: Friday 03, Nov 2023

featured-image

Ikipe ya Rayon Sports yatumijwe kwitaba urukiko muri Leta zunze Ubumwe za Amerika kuburana urubanza iregwamo n’umucuruzi witwa Isaac uyishinja kutubahiriza amasezerano bagiranye y’imikoranire.

Muri 2009 ni bwo Rayon Sports yasinyanye amasezerano arangira muri 2019 na Kompanyi ya Nsejjere Sports ya Isaac Mayanja yo kuzajya yambika ikipe no kuzana imyenda y’abafana bakayicuruza mu Rwanda.

Kompanyi ya Nsejjere Sports ya Isaac Mayanja yareze Rayon Sports ko bari bafitanye amasezerano yo kubambika imyambaro ariko birangira badakoranye kandi amasezerano ntiyaseswa.

Urukiko rw’ahitwa Seattle muri Washington DC nirwo rwatumije mu rubanza Rayon Sports kuko ngo birashoboka mu masezerano ko uyu Mayanja yavuze ko hatabayeho kubahiriza amasezerano baburanira muri Amerika.

Aba bandikiye urukiko rukuru mu Rwanda barusaba kumenyesha Rayon Sports ko ifite urubanza muri Amerika.

Uyu mugabo wareze Rayon Sports yabikoze nyuma yo kuba yararangije gutanga amagarama n’ibindi bisabwa kugira ngo ikirego cyakirwa.

Uwahoze ari Umunyamabanga mukuru wa Rayon Sports,,Gakwaya Olivier,yavuze ko ayo masezerano yabayeho.

Bavuze ko abonye imikoranire itinze yiyambarira ibindi bisanzwe ndetse mu minsi ishize yasinyanye amasezerano n’urundi ruganda rwo kuyambika.

Muri iyo myaka 10,Rayon Sports yambitswe na Errea,Jako ubu ni Kwesa bari kwambikwa nayo.Amasezerano y’imyaka 10 yagombaga kurangira mu mwaka wa 2019 ariko ngo nta biganiro byabayeho ngo impande zombi zirangizanye.

Uyu Mayanja yagaragaje ko ayo masezerano y’imyaka 10 yagiranye na Rayon Sports atigeze aseswa bityo asaba kwishyurwa.

Rayon Sports niramuka ititabye muri Amerika izaba ifite amahirwe menshi yo gutsindwa ndetse ngo uru rubanza ruzoherezwa mu rukiko rukuru mu Rwanda rururangize aho ishobora gucibwa akayabo.

Amakuru avuga ko hari imyenda imwe Rayon Sports yaba yarambaye y’iyi kompanyi y’uyu mugabo uba muri Amerika.

SKOL niyo yari isanzwe ijya mu masezerano yo kwambika imyenda Rayon Sports kuko ariyo ishinzwe kuyishakira imyenda.

FINE FM dukesha iyi nkuru ivuga ko Rayon Sports itarakira ikirego cy’uyu mugabo gusa tuzakomeza gukurikirana amakuru.

Kubera ko uru rubanza ruri hanze y’u Rwanda,Rayon Sports igomba gushaka umunyamategeko wo muri iki gihugu.

Tuzakomeza kubikurikirana...

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa