Amakuru aravuga ko umutoza w’Umunya-Tunisia, Zelfani Yamen utoza Rayon Sports yanze umwungiriza yahawe n’ikipe, Rwaka Claude aho yavuze ko nta kintu amufasha.
Biravugwa ko uyu munya Tunisia yasabye ubuyobozi bwa Rayon Sports ko yakwizanira umutoza umwungirije kuko Rwaka Claude we nta kintu amufasha.
Ibi ngo Rayon Sports yarabyemeye ndetse ngo umutoza wungirije mushya azagera mu Rwanda mbere y’uko iki cyumweru kirangira.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahinduriye inshingano Rwaka Claude bumugira umutoza mukuru w’ikipe y’abagore ngo asimbure Nonde Mohamed ubu uri kubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Rwaka Claude ntarafata umwanzuro wo kujya gutoza iyi kipe cyane ko we amasezerano afitanye na Rayon Sports ari ayo gutoza Rayon Sports y’abagabo.
Rayon Sports ikomeje imyitozo ikomeye yo kwitegura umukino wa Super Cup izahuramo na APR FC kuwa Gatandatu w’iki cyumweru.
Rwaka Claude yari umutoza wungirije wa Rayon Sports kuva mu mwaka w’imikino wa 2022-23 akorana na Haringingo Francis.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *