skol
fortebet

Bisabye iminota y’inyongera Argentine yasezereye Ubusuwisi yerekeza muri 1/2 cy’igikombe cy’Isi

author-image

Yanditswe na: Emmy
Kuwa: Sunday 12, Jul 2026

Bisabye iminota y'inyongera Argentine yasezereye Ubusuwisi yerekeza muri 1/2 cy'igikombe cy'Isi

Sponsored Ad

skol

Ikipe y’igihugu ya Argentine yatsinze u Busuwisi bw’abakinnyi 10 yerekeza muri 1/2 cy’igikombe cy’Isi cya 2026 kirimo kirabera muri Amerika,Canada na Mexico aho izahura n’u Bwongereza.
Mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru saa Cyenda nibwo hasojwe gukinwa imikino ya 1/4 y’Igikombe cy’Isi cya 2026 hakinwa uw’ikipe y’igihugu ya Argentine n’Ubusuwisi kuri GEHA Field at Arrowhead Stadium.

Argentine ntabwo yigeze itinzamo kuko ku munota wa 10 gusa yahise ifungura amazamu kuri koroneri yari itewe na Lionel Messi ubundi Alexis Mac Allister ashyira umupira mu nshundura.

Ubusuwisi bwahise butangira urugendo rwo gushaka uko bwishyura gusa iza kubigeraho ku munota wa 67 ku gitego cyatsinzwe na Dan Ndoye ahawe umupira na Ricardo Rodriguez.

Ku bw’amahirwe macye ikipe y’igihugu y’u Busuwisi ku munota wa 72 umukinnyi wabwo warimo arabufasha, Breel Embolo yeretswe ikarita ya kabiri y’umuhondo biba umutuku ahita asohoka mu kibuga.

Ni nyuma y’uko yari yigwishije Umusifuzi aha ikarita y’umuhondo Leandro Paredes wa Argentinr gusa VAR irahamagara agiyeyo asanga nta kosa ryabayeho ayimukuraho ayiha Breel Embolo.

Ubusuwisi bwihagazeho ubundi iminota 90 irangira ari 1-1 bituma hitabazwa iminota 30 y’inyongera. Muri iyi minota Argentine niho yahise itsindiramo ibitego 2.

Kimwe cyabonetse ku munota wa 112 gitsinzwe na Julian Alvarez ahawe umupira na Flaco Lopez ubundi ikindi kiboneka ku wa 120+1 gitsinzwe na Lautaro Martinez. Argentine yahise isezerera u Busuwisi ibutsinze ibitego 3-1 yerekeza muri 1/2.

Izahura n’u Bwongereza bwasezereye Norway ibutsinze ibitego 2-1.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa