skol
fortebet

Bitunguranye Caicedo wari waguzwe na Liverpool yanze kuyijyamo

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Friday 11, Aug 2023

Bitunguranye Caicedo wari waguzwe na Liverpool yanze kuyijyamo

Sponsored Ad

skol

Umukinnyi Moisés Caicedo wari wamaze kugurwa na Liverpool yanze kuyerekezamo ahubwo ahitamo kurinda ijambo yabwiye Chelsea FC ko azayikinira mu mwaka w’imikino utaha.

Nubwo Liverpool yari yemeye kumwishyura miliyoni 110 z’amapawundi,Caicedo ukomoka muri Ecuador yayibwiye ko adashaka kuyerekezamo ahubwo ashaka gukinira Chelsea bari bumvikanye mu kwa Gatanu uyu mwaka.

Caicedo yari yemeye umushahara Chelsea yari yamuhaye n’ibindi bitandukanye ariko iyi kipe yishyuye make bituma Brighton yemera akayabo ka Liverpool.

Hategerejwe ko Chelsea nayo yishyura Brighton kariya kayabo Liverpool yatanze kugira ngo ayerekezemo.

Icyakora ngo ntibishoboka ko Chelsea itanga make kuri miliyoni 110 z’amapawundi ya Liverpool nubwo n’umukinnyi aba afite uburenganzira ku ikipe ashaka kwerekezamo.ubwo bivuze ko irahera kuri miliyoni 111 z’amapawundi.

Brighton yari yatangaje ko iragurisha iyi mari yayo ku ikipe itanga amafaranga menshi byatumye Liverpool iheba itanga kariya kayabo mu gihe Chelsea yo yari igeze kuri miliyoni 100 z’amapawundi barayitsinda.

Liverpool yaherukaga gutakaza abakinnyi bayo bo hagati barimo Henderson wari kapiteni wayo na Fabinho bagiye muri Saudi Arabia,yishumbushije uyu musore w’imyaka 21 ufite ubuhanga budasanzwe mu kibuga hagati.

Nubwo Liverpool yari yamuguze,ntabwo bigeze bavugana kubyo izamuha ariyo mpamvu uyu mukinnyi yisubiyeho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa