skol

Bruno Fernandes yahaye umukoro ukomeye Manchester United kugira ngo ayongerere amasezerano

Yanditswe: Thursday 22, Apr 2021

Umukinnyi Bruno Fernandes uhagaze neza kurusha abandi bose mu ikipe ya Manchester United yatangaje ko azemera kongera amasezerano y’imyaka 5 iyi kipe ye ishaka kumwongerera igihe cyose izabasha kwemeza na Paul Pogba nawe akayongera.

United irashaka ko Bruno Fernandes wageze muri iyi kipe mu kwezi kwa mbere umwaka ushize yongera amasezerano akanongererwa umushahara ukagera ku bihumbi 200 by’amapawundi ariko uyu we arashaka ko iyi kipe inumvikana na Paul Pogba bagakomeza gukinana.

Pogba w’imyaka 28 azasoza amasezerano ye mu mwaka w’imikino utaha ariyo mpamvu United ishaka kumwongerera amasezerano mashya.

Fernandes w’imyaka 26 ari gukurikiranira hafi umubano wa United na Pogba kugira ngo nawe abone kongera amasezerano mashya nkuko ikinyamakuru The Sun kibitangaza.

The sun ivuga ko Fernandes akunda imikinire ya Pogba ndetse yishimira uko bafatanya mu kibuga hagati ariyo mpamvu ashaka ko bakomeza gukorana kugira ngo bashakire United igikombe cya shampiyona umwaka utaha.

United irashaka gukubira kabiri Fernandes umushahara akava ku bihumbi 100 by’amapawundi ku cyumweru akagera kuri 200 ariko we ntabwo bimuraje ishinga ashaka kugumana na Pogba.

United irashaka kwiyubaka aho bivugwa ko ihanze amaso abakinnyi 2 ba Borussia Dortmund barimo Erling Haaland na Jadon Sancho.

Nubwo Pogba yatangiye nabi shampiyona ndetse akaza no kugira imvune,ubu ari mu bakinnyi beza United iri kugenderaho ari nayo mpamvu n’ubuyobozi bwayo buri kumutekerezaho.

Muri uyu mwaka w’imikino, Fernandes ahagaze neza kuko amaze gutsinda ibitego 24 anatanga imipira 14 yavuyemo ibitego mu marushanwa yose yakinnye uyu mwaka.

Bruno Fernandes arashaka gukomeza gukinana na Pogba

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa