Bruno Fernandes yasubije abavuga ko Ronaldo ariwe watumye asubira inyuma
Yanditswe: Wednesday 21, Sep 2022
Umukinnyi Bruno Fernandes avuga ko Old Trafford ari nini bihagije kuri we na Cristiano Ronaldo.
Yanze gushinja mugenzi we Ronaldo ko kugaruka kwe muri Manchester United ari kimwe mu byatumye asubira inyuma.
Fernandes yatsinze ibitego 29 anatanga imipira 19 yavuyemo ibitego mu mikino 53 ye ya mbere muri Premier League,nyuma yo kuva muri Sporting Lisbon muri Mutarama 2020 ku masezerano ya miliyoni 55 z’ama pound.
Ariko mu mikino 40 aheruka kugaragaramo amaze gutsinda ibitego birindwi (…)
Umukinnyi Bruno Fernandes avuga ko Old Trafford ari nini bihagije kuri we na Cristiano Ronaldo.
Yanze gushinja mugenzi we Ronaldo ko kugaruka kwe muri Manchester United ari kimwe mu byatumye asubira inyuma.
Fernandes yatsinze ibitego 29 anatanga imipira 19 yavuyemo ibitego mu mikino 53 ye ya mbere muri Premier League,nyuma yo kuva muri Sporting Lisbon muri Mutarama 2020 ku masezerano ya miliyoni 55 z’ama pound.
Ariko mu mikino 40 aheruka kugaragaramo amaze gutsinda ibitego birindwi gusa.
Mu mikino myinshi aheruka gukina,umubare w’ibyo yakoraga wagiye ugabanuka, ahanini kubera kugongana na mugenzi we Ronaldo wagarutse avuye muri Juventus mu 2021.
Kuva icyo gihe, abantu bagiye bavuga ko imikinire ye yasubijwe inyuma n’uko we na Ronaldo bikunda. Ronaldo ndetse yafashe akazi ka Fernandes ko gutera penaliti.
Nyamara uyu mukinnyi yavuze ko ibibazo byose yagize mu mwaka w’imikino ushize bitagomba kwerekezwa kuri mugenzi we banahuriye muri Portugal,Cristiano Ronaldo.
Fernandes yagize ati: “Imyinshi mu mipira ivamo ibitego natanze niwe nayihaye, ntabwo rero ntekereza ko bikwiriye.
Nagize ibihe bibi nkurikije imibare yanjye. Ntabwo ntekereza ko bijyanye na Cristiano.
Mbere yuko aza nafataga penaliti ariko nagize amahirwe yo gutera ebyiri ariko zose narazihushije. Ntabwo rero narenganya Cristiano gufata penaliti, cyane ko yazitsinze.
Ubwo nayihushaga dukina na Arsenal muri Mata, niwe wampaye umupira arambwira ati: ’Genda utsinda’. Narayihushije ariko numvise ko yari anyizeye ko ari njye ugomba gutera intambwe mu mikino ikomeye.
Ntabwo rero ntekereza ko byatewe na Cristiano, ni ukubera ko ntakoze ibyiza mu bihe bimwe na bimwe kugirango mbone ibitego cyangwa imipira ivamo ibitego. Mu ikipe y’igihugu nkinana nawe kandi iyo natsinze igitego, aba ari mu kibuga.
Uyu mukinnyi yavuze ko no mu mikino 4 aheruka gukina muri Premier League yatsinze igitego kimwe ndetse Cristiano Ronaldo atari we wabigizemo uruhare kuko atabanzaga mu kibuga.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *