Ikipe ya Bugesera FC yakoze mu nkovu Police FC iyinyagira ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa 23 wa Shampiyna yari yayakiriyemo mu gihe Mukura VS yanganyije na AS Kigali ibitego 2-2 ntiyabasha kwiyunga n’abakunzi bayo bayinenze kunyagirwa ibitego 4-0 na APR FC mu mukino uheruka.
Police FC yeretswe ko itashobora guhangana n’umuvuduko wo guhatanira shampiyona y’uyu mwaka ubwo yatsindwaga umukino wa gatatu wikurikiranya na Bugesera FC ibitego 3-1.
Nubwo Police Fc yafunguye amazamu hakiri kare ku munota wa 11 w’umukino ibifashijwemo na Songa Isae,yaje guhindukiranwa na Bugesera FC yayishyuye ndetse iyitsinda ibindi bitego 2 iva mu Bugesera amara masa.
Undi mukino wahuzaga AS Kigali na Mukura VS warangiye amakipe yombi anganyije ibitego 2-2,kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo.
AS Kigali niyo yafunguye amazamu bwa mbere ibifashijwemo na Ortomal Alexis ku munota wa 03 hanyuma Ntwari Evode acyishyura ku munota wa 10.
Sudi Abdallah yatsindiye AS Kigali igitego cya kabiri ku munota wa 65’ hanyuma Umwungeri wa Mukura yishyura ku munota wa 90 w’umukino.
AS Kigali yarangije umukino ari abakinnyi 10 kuko ku munota wa 74 Nova Bayama yeretswe ikarita ya kabiri y’umuhondo nyuma y’amagambo yabwiye umusifuzi Abdoul wari uyoboye umukino akamusohora.
Ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona,APR FC irayoboye n’amanota 57 ikurikiwe na Rayon Sports n’amanota 50.
Police Fc yagumye ku mwanya wa gatatu irushwa amanota 13 yose na APR FC.Gicumbi Fc iza ku mwanya wa nyuma n’amanota 15, ikurikiye Heroes Fc ifite 16.
Imikino yabaye kuri uyu wa Gatatu:
AS KIGALI 2-2 Mukura
Bugesera FC 3-1 Police FC
Etincelles FC 0-0 AS Muhanga FC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *