Madamu Belyse Ininahazwe yabaye umugore wa mbere wahawe inshingano zo kuba umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo mu cyicaro cya mbere mu Burundi no mu karere.
Uwo mugore w’imyaka 35 agiye kuba umutoza w’ikipe ya Inter Star mu gihe kingana n’umwaka.
Belyse avuga ko na we bisa n’ibyamutunguye.
Agira ati: "Kuba bahisemo umuntu w’umugore ngo abe umutoza wabo, s’ikintu gito, n’ikintu kinini, nanjye byangoye kubyumva ariko ndabashimiye kuba banyizeye kandi hasanzwe hari abagabo benshi b’abatoza."
Uwo mugore afite umwana umwe avuga ko yatangiye gukunda umupira w’amaguru kuva akiri muto, kuko ngo avukana n’abahungu benshi kuruta abakobwa.
Belyse agira ati:" Umupira w’amaguru ndawukunda rwose kuko navukiye mu muryango urimo abahungu benshi gusumba abakobwa. Nkiri muto niga muri ’primaire’ wasangaga turiko turakina umupira mu muhanda, kugeza aho mbona ikipe nkinamo."
Yakiniye ikipe ya La Colombe kuva mu 2002 kugeza mu 2016, atwara ibikombe bitandatu by’irushanwa ry’abagore ku rwego rw’igihugu.
Igikombe cya nyuma yatwaye nk’umukinnyi ni icyo mu 2015 mu kwezi kwa kane.
Belyse Ininahazwe yakinaga mu bwugarizi.
Kuva icyo gihe yahise atangira akazi ko gutoza.
Belyse Ininahazwe amaze imyaka irindwi akora akazi ko gutoza amakipe.
Umwanya munini yawumaze mu ikipe ya La Colombe yahoze akinira.
Agiye muri Inter Star avuye mw’ishuri ryigisha umupira w’amaguru ryitwa ’Academie La Pepinere’ rifite ikipe iri mu cyiciro cya gatatu.
Uwo mugore avuga ko gutoza atari akazi koroshye.
Agira ati: "Akazi nk’aka ntikoroshye, kubera uhora ku kibuga. Izuba n’imvura bikuriho.Uhora uhagaze, uri mu bantu benshi b’abagabo.
" Icyo navuga, abagore barashoboye gukora akazi k’abagabo bakora bijyanye n’uko uba ubikunda kandi ubizi.
N’abantu bagutera imbaraga ntibabure kuko hari igihe uba ubikunda ariko bakaguca intege ugasanga urabiretse.
Njyewe nagize Imana kuko benshi bakomeza kumpa ubutumwa bwo kuntera imbaraga."
Belyse avuga ko kuva atangiye kwiga umwuga wo gutoza yiganye n’abagabo gusa, bityo rero nta bwoba bikimutera.
Akomeza avuga ko atari ubwa mbere atoje abahungu, ariko itandukaniro gusa rihari ari uko agiye gutoza ikipe yo mu cyiciro cya mbere.
Icyo Inter Stars yamwitegaho
Belyse Ininahazwe avuga ko azaniye Inter Star ubumenyi afite, kandi ko intumbero ye nk’umutoza ari ukubona amanota yose uko ari atatu kuri buri mukino.
Agira ati: "Kubera nkeneye kuzajya mbona amanota atatu, ndabizi ko ubu bitoroshye. Nicyo gituma ngomba kumenya uko nzajya nkoresha ubumenyi bwanjye ."
Akomeza avuga ko "nta gikombe bansabye, ariko kuri njye ndashaka gukora kugira Inter Star igire umwanya mwiza."
Ubu ngo yifuza kugera kure.
Akurikirana abandi batoza
Ati: "Nkunda Guardiola, nkunda philosophie ze, ngakunda uko Zinedine Zidane yicisha bugufi.
’Urumva nshaka kugera kure mu kazi nka Pep, nkicisha bugufi mu buzima nka Zidane".
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *