Kuri uyu wa 27 Gicurasi 2026, muri BK Arena habereye umukino wa Basketball(BAL) mu marushanwa Nyafurika wahuje ikipe ya RSSB Tigers BBC yo mu Rwanda ndetse n’ikipe ya AL AHYL yo mu Misiri ikipe ya RSSB Tigers BBC yegukana itsinzi nyuma yo gutsinda amanota 106 kuri 97, biyihesha kugera ku mukino wa nyuma.
Ni umukino witabiriwe n’abakunzi benshi ba BAL, aho na Perezida wa Rupubulika y’u Rwanda Paul Kagame nawe yari yitabiriye uyu mukino, ikipe yo mu Rwanda yegukana itsinzi imbere ye.
Ni umukino wagaragayemo ishyaka ryinshi ku makipe yombi, aho buri kipe yakinaga idashaka kugira ikosa yakora ryatuma itakaza amanota.
Umukino ugitangira, ikipe ya RSSB Tigers yari itarafata umurongo neza, kuko mu minota itanu ibanza AL Ahyl yatsinze amanota 15 kuri 12 ya RSSB.
Nyuma yo kwisubiraho, agace ka mbere ku mukino (quarter) karangiye amakipe yombi anganya amanota 24 kuri 24.
Agace ka kabiri katangiye RSSB Tigers imaze kumva neza umukino, maze mu minota itanu ya mbere iba imaze gutsinda amanota 24 kuri 17 ya AL Ahy, ariko kose kaza kurangira amakipe yombi anganyije amanota 50 kuri 50.
Nyuma y’akaruhuko, amakipe yombi yagarukanye imbaduko maze agace ka gatatu, karangira amakipe yombi amaze gutsindana amanota 80 ya RSSB Tigers kuri 76 ya Al Ahyl SC yo mu Misiri.
Agace ka kane ari na ko gasoza umukino karangiye RSSB imaze gutsinda amanota 106 kuri 97 ya Al Ahyl maze iba bidasubirwaho yerekeje ku mukino wa nyuma w’amarushanwa Nyafurika muri BAL.
Umukino wa nyuma uteganyijwe ku cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2026, aho ikipe ya RSSB Tigers BBC itegereje kumenya iyo izahura nyuma y’umukino uzahuza ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola na Al Ahly yo muri Libya, zizakina kuri uyu wa 28Gicurasi, Saa Moya z’ijoro muri BK Arena.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *