Byiringiro Lague yahishuye ko yatsinzwe igeragezwa mu ikipe yo mu Busuwisi
Yanditswe: Wednesday 21, Jul 2021
Rutahizamu wa APR FC,Byiringiro Lague,yatangaje ko atabashije kubyaza amahirwe yabonye yo gukina mu Busuwisi kuko yatsinzwe igeragezwa mu ikipe yari yerekejemo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nyakanga 2021, Byiringiro Lague yanditse ubutumwa kuri Instagram avuga ko yatsinzwe igeragezwa atimwe amahirwe.
Ati “ Amahirwe nabonye ntabwo nayabyaje umusaruro cyangwa ngo nyakoreshe neza, bivuze ko natsinzwe igeragezwa nari nagiyemo atari APR FC yabigezemo uruhare.”
Uyu musore usatira aca ku ruhande yavuze ko gutsindwa kwe yabyigiyemo amasomo akomeye ku buryo naramuka yongeye kubona andi mahirwe atazayapfusha ubusa.
Ati “Ndizeza abakunzi banjye ko aho bitagenze neza nahabonye, aho imbaraga zanjye nke ziri nahabonye, mbasezeranya ko ngiye gukosora aho bitagenze neza, andi mahirwe nzongera kubona ko nzayabyaza umusaruro.”
Ku wa 8 Nyakanga ni bwo Byiringiro Lague yerekeje mu Busuwisi nyuma y’uko yari yahagiye muri Mata kuvugana n’amakipe yaho arimo FC Zurich yamwanze, agahabwa amahirwe na Neuchatel Xamax yo mu cyiciro cya kabiri.
Ubuyobozi bwa APR FC akinira, bwari bwatangaje ko mu gihe uyu mukinnyi yashimwa na Neuchatel Xamax, azatangwaho ari hejuru y’ibihumbi 130$.
Byiringiro Lague ni umwe mu bakinnyi 30 b’u Rwanda bari muri CHAN 2020 yabereye muri Cameroun hagati ya tariki ya 16 Mutarama n’iya 7 Gashyantare 2021.
Uburyo yitwaye mu mikino ibiri yakinnye cyane ku wahuje u Rwanda na Togo byatumuye yifuzwa n’amakipe atandukanye kandi akomeye.
Byiringiro Lague w’imyaka 21, yazamuwe mu ikipe Nkuru ya APR FC muri Mutarama 2018, yongerewe amasezerano y’imyaka ibiri muri Gicurasi 2020. Hari nyuma y’uko Rayon Sports yari yifuje kumuha miliyoni 10 Frw ngo ayisinyire.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *