Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ryasabye ko Kigali Pelé Stadium yakira imikino y’iri jonjora rya kabiri ndetse ko CAF yabihaye umugisha.
APR FC, Rayon Sports na Al-Merrikh zizakirira imikino yazo i Kigali.
FERWAFA yasabye ko iyi stade yakwemererwa ndetse yasubijwe kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.
Umuvugizi waryo yagize ati"Nibyo Kigali Pele Stadium ntiyari ku rutonde rw’izemewe gukinirwaho imikino ya Second round ariko twarabisabye barabitwemerera ejobundi ku wa gatanu ushize."
Mu bibuga byasohotse mbere y’aho,Kigali Pelé Stadium ntiyari yemewe na CAF kuba yaberaho imikino yo gushaka itike yo kujya mu matsinda kuri CAF Champions League na CAF Confederation Cup.
Stade zemerewe kwakira imikino ya CAF
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *