Casa Mbungo yagize icyo asaba abakinnyi be nyuma yo gutsinda Gicumbi FC
Yanditswe: Monday 06, Nov 2017
• Casa yasabye abakinnyi ba Kiyovu sports guhozaho kugira ngo bazabashe kwegukana shampiyona. • Kiyovu Sports iri ku mwanya wa 3 ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona
Umutoza w’ikipe ya Kiyovu Sports Casa Mbungo Andre yatangaje ko yishimiye uko ikipe ya Kiyovu Sports iri kwitwara aboneraho gusaba abakinnyi be guhozaho cyane ko aricyo kintu cyagiye kigora iyi kipe mu minsi ishize.
Casa Mbungo yabitangarije abanyamakuru nyuma y’aho iyi kipe ikomeje kwitwara neza cyane ko nyuma yo gutsinda ikipe ya APR FC babashije gutsinda Gicumbi FC igitego 1-0 ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ndetse Casa yifuza ko bakomeza gutsinda kugira ngo babashe kwegukana igikombe cya shampiyona.
Yagize ati “Twishimiye gutsinda ikipe ya Gicumbi FC yari imbere y’abakunzi bayo.Icyo dukwiye gukora ni ugukomeza kwitwara neza.Shampiyona y’uyu mwaka irakomeye cyane,niyo mpamvu abakinnyi banjye bakwiye guhozaho kugira ngo tubashe kugera ku ntego yacu yo kwegukana igikombe.”
Kugeza ubu ikipe ya Kiyovu Sports iri ku mwanya wa 3 ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona n’amanota 9 inganya na Police FC ndetse na Etincelles FC.



Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *