skol

CHAN2023:Abakinnyi ba RDC bakoze imyigaragambyo ikomeye kugira ngo babone agahimbazamusyi kabo

Yanditswe: Tuesday 17, Jan 2023

featured-image

Abakinnyi b’ikipe ya RDC iri muri CHAN 2023 bakoze imyigaragambyo ikomeye mu rwego rwo gusaba agahimbazamusyi kabo aho banze kurya ndetse bemeza ko batazakina.
Iyi myigaragambyo bayikoze mbere yo guhura na Cote d’Ivoire mu mukino wa 2 wo mu itsinda bahuriyemo nyuma yo kunganya 0-0 na Uganda.
Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko ku Cyumweru, tariki ya 15 Mutarama 2023, aba bakinnyi banze kurya ibiryo byo kuri Hotel Sabri aho bacumbitse mu Mujyi wa Annaba muri Algeria.
Nyuma bisubiyeho (…)

Abakinnyi b’ikipe ya RDC iri muri CHAN 2023 bakoze imyigaragambyo ikomeye mu rwego rwo gusaba agahimbazamusyi kabo aho banze kurya ndetse bemeza ko batazakina.

Iyi myigaragambyo bayikoze mbere yo guhura na Cote d’Ivoire mu mukino wa 2 wo mu itsinda bahuriyemo nyuma yo kunganya 0-0 na Uganda.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko ku Cyumweru, tariki ya 15 Mutarama 2023, aba bakinnyi banze kurya ibiryo byo kuri Hotel Sabri aho bacumbitse mu Mujyi wa Annaba muri Algeria.

Nyuma bisubiyeho bararya hanyuma basubira mu myitozo.

RDC ihabwa amahirwe yo kuba mu makipe ashobora kuzitwara neza muri iki gikombe,irasabwa gutsinda Cote d’Ivoire tariki ya 18 Mutarama, kugira ngo ibone itike yo gukomeza muri ¼ muri iri tsinda riyobowe na Senegal.

Agahimbazamushyi abakinnyi basaba, nako bemerewe mu gihe babonaga itike yo kwerekeza muri iyi mikino ariko ntabwo baragahabwa.

Hari kandi amafaranga abakinnyi bemerewe ku mikino ibiri ya gicuti bakinnye n’igihugu cya Congo Brazaville, ndetse n’amafaranga yo kwitegura imikino bagombaga guhererwa i Kinshasa n’i Tunis.

Minisitiri wa Siporo, Serges Nkonde,yagiye muri Algeria kugira ngo abahe agahimbazamusyi kabo mbere yo gukina umukino wo kuri uyu wa gatatu.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umujyanama wa mbere wa Minisitiri w’Intebe, mu bijyanye na siporo n’imyidagaduro, Jean-Marie Mbuyi Kalonji, ku wa Mbere, tariki ya 16 Mutarama,yavuze ko abakinnyi bagomba guhabwa aka gahimbazamusyi vuba.

Yabwiye Radio OKAPI ati “Habayeho kutumvikana neza kandi byamaze gukemuka. Minisitiri wa Siporo ari mu nzira yerekezayo ndetse ajyanye amafaranga y’abakinnyi. Ubuyobozi bukuru bw’igihugu bwakemuye ikibazo mbere y’umukino kugira ngo abakinnyi bacu,Léopards, buzabashe kubona umusaruro."

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa