skol

Chelsea FC yatanze abakinnyi 3 n’akayabo k’amafaranga kugira ngo ibone kizigenza iri kwirukaho

Yanditswe: Friday 06, Jan 2023

featured-image

Ikipe ya Chelsea iracyakomeje kwiruka ku bakinnyi bashya aho yafashe hasi hejuru ishaka umunya Argentina w’imyaka 21,Enzo Fernandez ukinira Benfica unaheruka gutwara igikombe cy’isi.
Iyi kipe irashaka gutanga miliyoni 79 z’amapawundi ikongeraho kuyitiza abakinnyi batatu barimo Hakim Ziyech ariko iyi Benfica ntibikozwa.
Benfica irifuza ko Chelsea yishyura amafaranga yose asabwa ngo irekure uyu mukinnyi angana na miliyoni 120 z’amayero.
Benfica yanze amafaranga ya mbere yatanzwe na (…)

Ikipe ya Chelsea iracyakomeje kwiruka ku bakinnyi bashya aho yafashe hasi hejuru ishaka umunya Argentina w’imyaka 21,Enzo Fernandez ukinira Benfica unaheruka gutwara igikombe cy’isi.

Iyi kipe irashaka gutanga miliyoni 79 z’amapawundi ikongeraho kuyitiza abakinnyi batatu barimo Hakim Ziyech ariko iyi Benfica ntibikozwa.

Benfica irifuza ko Chelsea yishyura amafaranga yose asabwa ngo irekure uyu mukinnyi angana na miliyoni 120 z’amayero.

Benfica yanze amafaranga ya mbere yatanzwe na Chelsea kuri uyu munya-Argentina ukina hagati Enzo Fernandez w’imyaka 21.

Aba Blues barashaka kumutangaho miliyoni 112 z’amapawundi mu gihe cy’imyaka itatu, ariko iyi kipe yo muri Portugal irashaka miliyoni 106 z’amapawundi rimwe nta deni.

Umutoza wa Benfica yabwiye abanyamakuru ati "Ntabwo dushaka kugurisha Enzo.Hari ikipe imushaka,yagerageje kumushuka ariko irabizi ko inzira yonyine ishoboka ari ukwishyura miliyoni 120 z’amayero yo kumurekura.

Bafite agasuzuguro,bari gutuma umukinnyi aba umusazi.Baritwara nk’abashaka kwishyura amafaranga asabwa ariko bagakenera ibiganiro.

Enzo Chelsea iramushaka muri uku kwezi kwa mbere ariko ikabona igiciro cye gihenze ariyo mpamvu irimo gutambikamo ibyo gutiza Benfica abakinnyi 3 barimo Ziyech wigaragaje mu gikombe cy’isi.

Undi bashaka kuyitiza ni David Datro Fofana baherutse kugura mu minsi ishize cyo kimwe na Audrey Santos w’imyaka 18 bagiye gukura muri Vasco da Gama.

Enzo yageze muri Benfica mu mpeshyi aguzwe miliyoni 18 z’amayero ariko mu gikombe cy’isi yarigaragaje none igiciro cye kiri hejuru bikomeye.

Umuherwe wa Chelsea Boehly yatanze miliyoni 250 z’amapawundi mu isoko rishize ariko ubu arashaka kumena ayandi menshi muri uku kwezi kwa mbere.

Yamaze kugura myugariro Benoit Badiashile muri AS Monaco ndetse kuri ubu ahanganiye na Arsenal rutahizamu Mykhailo Mudryk w’imyaka 22.

Chelsea kandi ngo nibura Enzo,irajya k’umunya-Equateur ukina hagati Moises Caicedo w’imyaka 21 usanzwe akinira Brighton.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa