skol
fortebet

Chelsea yabuze abakinnyi kandi iheruka kugura aba Miliyari y’amapawundi

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Saturday 16, Sep 2023

Chelsea yabuze abakinnyi kandi iheruka kugura aba Miliyari y'amapawundi

Sponsored Ad

skol

Umutoza Mauricio Pochettino yavuze ko imvune zatumye ikipe ye ya Chelsea isigarana abakinnyi 14 cyangwa 15 ′ gusa bazima ndetse ari nbo akoresha akina na Bournemouth.

Ikipe ya the Blues igowe n’ibibazo by’imvune kugeza ubu muri iyi shampiyona,aho nka Reece James, Christopher Nkunku, Wesley Fofana na Armando Broja batagaragara.

Romeo Lavia yagize imvune y’akagombambari mu mikino mpuzamahanga,ndetse uyu mukinnyi wo hagati agiye kumara byibura ibyumweru bitandatu adakinira iyi kipe.

Chelsea yatangiye nabi shampiyona ibona amanota ane gusa mu mikino ine ya mbere.

Iyi kipe yashoye arenga miliyari imwe mu masoko atatu yo kugura no kugurisha abakinnyi aheruka ariko abenshi bahise bigira mu mvune.

Umutoza Pochettino aravuga ko araba afite abasimbura bane gusa mu mukino ahanganamo na Bournemouth.

Pochettino yagize ati: ’Kubera ibihe turimo,ndatekereza ko ari byiza kuri twe [kudakina amarushanwa y’i Burayi],kuko dufite abakinnyi 11 cyangwa 12 bavunitse.’

Nibyo,kubera amateka ya Chelsea, dukeneye kwitabira irushanwa ry’Iburayi ariko ibyo ntabwo biri mu biganza byanjye ubu,niko kuri.

’Ibiri mu biganza byacu ubu, ni ugukora no kugerageza kuyajyamo mu mwaka w’imikino utaha. Mu by’ukuri tuzakina irushanwa ry’uburayi umwaka w’imikino utaha. ’

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa