skol

Chelsea yiyemeje gutanga akayabo ku mukinnyi watwaye igikombe cy’isi

Yanditswe: Wednesday 28, Dec 2022

featured-image

Ikipe ya Chelsea irashaka kwishyura miliyoni 105 z’amapawundi zifuzwa n’ikipe ya Benfica kugira ngo yegukane umukinnyi wo hagati wayo Enzo Fernandez wafashije Argentina kwegukana igikombe cy’isi.
Uyu musore w’umuhanga watowe nk’umukinnyi muto w’itwaye neza kurusha abandi bose mu gikombe cy’isi cyabereye muri Qatar,ari kwifuzwa n’amakipe menshi i burayi by’umwihariko ayo mu Bwongereza.
Chelsea isanzwe izwiho kurekura akayabo mu kugura abakinnyi,biravugwa ko yamaze gutanga icyifuzo cyayo (…)

Ikipe ya Chelsea irashaka kwishyura miliyoni 105 z’amapawundi zifuzwa n’ikipe ya Benfica kugira ngo yegukane umukinnyi wo hagati wayo Enzo Fernandez wafashije Argentina kwegukana igikombe cy’isi.

Uyu musore w’umuhanga watowe nk’umukinnyi muto w’itwaye neza kurusha abandi bose mu gikombe cy’isi cyabereye muri Qatar,ari kwifuzwa n’amakipe menshi i burayi by’umwihariko ayo mu Bwongereza.

Chelsea isanzwe izwiho kurekura akayabo mu kugura abakinnyi,biravugwa ko yamaze gutanga icyifuzo cyayo cyo gusinyisha uyu musore ndetse nta gihindutse ishobora kwishyura miliyoni 105 z’amapawundi zisabwa kugira ngo Benfica imurekure.

Newcastle, Manchester United na Liverpool zose zirashaka uyu mukinnyi ariko Chelsea ngo niyo yemeye kwishyura amafaranga asabwa na Benfica ngo imurekure.

Ushakira amakipe Fernandez ni umunya Portugal w’icyamamare, Jorge Mendes,ndetse we ngo afite gahunda yo kugurisha uyu mukinnyi mu makipe akomeye i Burayi.

Icyakora ngo Fernandez arifuza kuguma muri Benfica kugeza umwaka w’imikino urangiye.

Afite amasezerano azamugeza muri 2027 mu ikipe ya Benfica ndetse ngo arashaka kuyifasha kwegukana Champions League uyu mwaka.

Benfica yagaragaje ko ikomeye ubwo yanganyaga inshuro 2 na PSG mu itsinda bari bahuriyemo ndetse ikanyagira Juventus.

Fernandez amaze gukinira Benfica imikino 24 aho yatsinze ibitego 3 anatanga imipira yavuyemo ibindi 5.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa