skol

Christian Eriksen waguye mu kibuga muri Euro 2020 yabonye ikipe akinira mu Bwongereza

Yanditswe: Monday 31, Jan 2022

featured-image

Ikipe ya Brentford yo mu cyiciro cya mbere muri Premier League, yatangaje ko yasinyishije umukinnyi wo hagati w’umunya Denmark Christian Eriksen amasezerano azageza shampiyona irangiye.
Yabaye umukinnyi wigenga nyuma yo kurekurwa na Internazionale hagati m’Ukuboza kubera ko yashyizwemo agakoresho gasuzuma umutima kandi abakinnyi bagashyizwemo ntibemerewe gukina mu Butaliyani.
Eriksen, ufite imyaka 29, ntabwo yongeye gukina kuva yafatwa n’umutima mu mukino wa Denmark na Finland muri Euro (…)

Ikipe ya Brentford yo mu cyiciro cya mbere muri Premier League, yatangaje ko yasinyishije umukinnyi wo hagati w’umunya Denmark Christian Eriksen amasezerano azageza shampiyona irangiye.

Yabaye umukinnyi wigenga nyuma yo kurekurwa na Internazionale hagati m’Ukuboza kubera ko yashyizwemo agakoresho gasuzuma umutima kandi abakinnyi bagashyizwemo ntibemerewe gukina mu Butaliyani.

Eriksen, ufite imyaka 29, ntabwo yongeye gukina kuva yafatwa n’umutima mu mukino wa Denmark na Finland muri Euro 2020 ku ya 12 Kamena 2021, kandi yifuzaga cyane kongera gukina ku rwego rwo hejuru kugira ngo azakine igikombe cy’isi kizaba uyu mwaka muri Qatar.

Eriksen yahawe ubufasha burokora ubuzima mu kibuga i Copenhagen kandi yashyizwemo agakoresho kitwa (cardioverter defibrillator device (ICD).

Umuyobozi ushinzwe umupira w’amaguru muri Brentford, Phil Giles, yagize ati: “Abafana ba Brentford bashobora kwizera ko twakoze ibishoboka byose kugira ngo turebe ko Christian ari mu bihe byiza byo kuba yagaruka mu marushanwa y’umupira w’amaguru.”

Abakinnyi 8 ba Brentford bakomoka muri Denmark cyo kimwe n’umutoza mukuru, Thomas Frank, wakoranye na Eriksen mu ikipe y’igihugu y’abato.

Frank yagize ati: "Twabonye amahirwe atangaje yo kuzana umukinnyi wo ku rwego rw’isi muri Brentford.Amaze amezi arindwi atitoza hamwe n’ikipe ariko yakoze akazi kenshi wenyine.

Ameze neza ariko tuzakenera kumuzamurira urwego rw’imikinire kandi ntegereje kuzamubona akorana n’abakinnyi n’abakozi kugira ngo agaruke ku rwego rwe rwo hejuru. Iyo ari mu bihe byiza, Christian afite ubushobozi bwo gutegeka imikino. ”

Eriksen ntabwo azakina umukino we wa mbere muri Brentford mu mukino wo kuwa gatandatu wa FA Cup bazahuramo na Everton.

Iyi kipe yagize ati: "Christian aherutse kwakira urukingo rwa Covid-19, kugira ngo yubahirize amategeko ajyanye no kwinjira mu Bwongereza, azerekeza mu burengerazuba bwa London mu minsi iri imbere kandi ntazitozanya na Brentford muri iki cyumweru."

Eriksen yamaze imyaka y’imikino itandatu n’igice muri Premier League akinira Tottenham mbere yo kwerekeza muri Inter kandi mbere y’aho yakiniye Ajax. Mu ntangiriro za Mutarama,yavuze ko icyifuzo cye muri uyu mwaka ari ukuzakina igikombe cy’isi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa