skol

Cristiano Ronald yaba ariwe yabujije Di Maria kwerekeza muri Barcelona

Yanditswe: Sunday 03, Sep 2017

Mu kwezi gushize nibwo isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi ku mugabane w’I Burayi ryasojwe aho ikipe ya FC Barcelona yashakaga umukinnyi Angel Di Maria byarangiye itamubonye,bivugwa ko umukinnyi Cristiano Ronaldo ariwe wamugiye mu matwi akamwumvisha ko adakwiye kujya muri Barcelona kandi yarakinnye muri Real Madrid.
Uyu musore ukina mu ikipe ya Paris Saint Germain yifujwe n’ikipe ya Barcelona ku munota wa nyuma gusa uyu musore ntiyerekana ubushake bwo kuyerekezamo byatumye isoko (…)

Mu kwezi gushize nibwo isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi ku mugabane w’I Burayi ryasojwe aho ikipe ya FC Barcelona yashakaga umukinnyi Angel Di Maria byarangiye itamubonye,bivugwa ko umukinnyi Cristiano Ronaldo ariwe wamugiye mu matwi akamwumvisha ko adakwiye kujya muri Barcelona kandi yarakinnye muri Real Madrid.

Uyu musore ukina mu ikipe ya Paris Saint Germain yifujwe n’ikipe ya Barcelona ku munota wa nyuma gusa uyu musore ntiyerekana ubushake bwo kuyerekezamo byatumye isoko rifunga atayerekejemo.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Don Balon cyo muri Espagne ngo uyu musore ufitanye umubano mwiza na Cristiano Ronaldo yabujijwe n’iyi nshuti ye kwerekeza mu ikipe ya Barcelona cyane ko Ronaldo yatinyaga ko Barcelona iramutse ibonye Di Maria byayorohera kubigaranzura yaba mu mikino ya shampiona no mu irushanwa rya UEFA Champions League.

Uyu musore Di Maria yabwiwe na Cristiano Ronaldo binyuze mu butumwa bandikiranaga ko nk’umukinnyi wakiniye Real madrid atagakwiye kwemera ko umukeba wayo akomera akongera akabagora mu marushanwa ari imbere.

Angel Di Maria yakiniye ikipe ya Real Madrid kuva 2010 kugeza 2014 aho yayikiniye imikino 124 ayitsindatsindira 22.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa