skol

Cristiano Ronaldo agiye gusubira mu Butaliyani nyuma yo kubengwa mu Bwongereza

Yanditswe: Tuesday 25, Oct 2022

featured-image

Rutahizamu Cristiano Ronaldo yiteguye kongera gusubira mu butaliyani - nyuma yo kwirengagizwa n’amakipe menshi yo muri Premier League.
Ikinyamakuru SunSport kiravuga ko Napoli ikomeje kwifuza uyu rutahizamu w’icyamamare, ushaka kuva kuri Old Trafford nyuma yo kwitwara nabi ku mukino wa Spurs mu cyumweru gishize.
Amakuru aturuka kuri uyu mukinnyi wo muri Portugal aravuga ko abajyanama be begereye amakipe yo mu cyiciro cya mbere arimo Chelsea, Newcastle na Arsenal.
Ariko uyu mukinyi (…)

Rutahizamu Cristiano Ronaldo yiteguye kongera gusubira mu butaliyani - nyuma yo kwirengagizwa n’amakipe menshi yo muri Premier League.

Ikinyamakuru SunSport kiravuga ko Napoli ikomeje kwifuza uyu rutahizamu w’icyamamare, ushaka kuva kuri Old Trafford nyuma yo kwitwara nabi ku mukino wa Spurs mu cyumweru gishize.

Amakuru aturuka kuri uyu mukinnyi wo muri Portugal aravuga ko abajyanama be begereye amakipe yo mu cyiciro cya mbere arimo Chelsea, Newcastle na Arsenal.

Ariko uyu mukinyi w’imyaka 37 abonwa n’aya makipe ko ashobora guteza akaga gakomeye mu makipe yabo.

Gusubira mu Butaliyani birashoboka cyane nyuma y’uko Ronnie yegukanye ibikombe bibiri mu myaka itatu muri Juventus.

Umwe mu bahaye amakuru The Sun yagize ati: “Chelsea yifuje Ronaldo mu mpeshyi, ariko ntakiri muri gahunda zabo.

Arsenal na Newcastle bazi ubudasa yazana mu kubafasha kugera ku cyifuzo cyabo.

Ariko ayo makipe yombi yahangayikishijwe n’ingaruka mbi ukuza kwe kwayagiraho.

Ahantu honyine ashobora kwerekeza ubu ni mu Butaliyani. Napoli yashakaga Ronaldo mu gihe cy’impeshyi kandi iracyashishikaye.

Kumwongera mu ikipe yabo ni intambwe bizera ko yabafasha mu ntego zabo zo gukomeza kuba ku mwanya wa mbere muri Serie A no kwitwara neza mu mwaka w’imikino."

Ronaldo uhembwa ibihumbi 360 by’amapawundi ku cyumweru,azagabanya cyane umushahara we kugira ngo yerekeze muri Napoli mu kwezi kwa mbere.

Ibitekerezo

  • Yooo, iyo ushaje uba ushaje erega! Yasezeye neza ko agifite abafana benshi ubundi akigira muri business dore ko yarunze amamiliyari koko? Gukunda ibyubahiro ni kamere muntu koko!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa