Cristiano Ronaldo ashobora kwambura Sergio Aguero Lionel Messi
Yanditswe: Wednesday 31, Mar 2021
Nyuma y’aho ikipe ya Manchester City yemeje ko izarekura rutahizamu wayo w’ibihe byose, Sergio Aguero,amakipe asaga 5 arimo Juventus na FC Barcelona aramwifuza kugira ngo ayerekezemo.
Kun Aguero wari umaze imyaka isaga 10 muri Manchester City,ashobora kwerekeza muri Juventus agatera umugongo FC Barcelona ikinamo inshuti ye magara Lionel Messi.
Ikinyamakuru La Gazzetta dello Sport cyatangaje ko Juventus iyoboye urugamba rwo gushaka uyu munya Argentine nyuma y’aho umutoza wa FC Barcelona witwa Ronald Koeman yemeje ko yifuza cyane Memphis Depay kurusha Aguero.
Amakuru aravuga ko Juventus ishaka kubaka ubusatirizi bwayo ishingiye kuri Aguero ariyo mpamvu imwifuza cyane kurusha na Barcelona cyane ko uyu mwaka w’imikino wayibereye mubi cyane.
Amakuru avuga ko Juventus ishaka guhuza Aguero na Cristiano Ronaldo ndetse na mwene wabo Paulo Dybala bagakora ubusatirizi buryana ku isi.
Nubwo Aguero ahembwa miliyoni 15 z’amayero ku mwanya,Juventus irifuza kureba uko yazaganira nawe bakazigabanya ariko akayerekezamo mu mpeshyi igiye kuza.
Andi makipe biri kuvugwa ko ashaka Sergio Kun Aguero arimo Manchester United,Chelsea,PSG,Inter Milan,Arsenal.
Kun Aguero niwe mukinnyi watsindiye Manchester City ibitego byinshi mu mateka yayo kuko ubu amaze gutsinda 257 mu mikino 384.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *