Cristiano Ronaldo na Harry Kane bakoze uduhigo dushya mu ikipe y’igihugu
Yanditswe: Friday 24, Mar 2023
Kizigenza Cristiano Ronaldo yakoze agahigo gashya ko kuba umukinnyi ukiniye imikino myinshi ikipe y’igihugu mu gihe Harry Kane we yabaye umukinnyi watsindiye ibitego ikipe y’igihugu y’Ubwongereza.
Uyu mugabo w’imyaka 38,yabanje mu kibuga mu mukino wo gushaka itike ya Euro 2024, ikipe y’igihugu cye cya Portugal yahuye na Liechtenstein mu ijoro ryo kuwa Kane.
Uyu wahoze ari umukinnyi wa Manchester United yaraye akiniye Portugal ku nshuro ya 197.
Ronaldo yanganyaga agahigo n’umunya (…)
Kizigenza Cristiano Ronaldo yakoze agahigo gashya ko kuba umukinnyi ukiniye imikino myinshi ikipe y’igihugu mu gihe Harry Kane we yabaye umukinnyi watsindiye ibitego ikipe y’igihugu y’Ubwongereza.
Uyu mugabo w’imyaka 38,yabanje mu kibuga mu mukino wo gushaka itike ya Euro 2024, ikipe y’igihugu cye cya Portugal yahuye na Liechtenstein mu ijoro ryo kuwa Kane.
Uyu wahoze ari umukinnyi wa Manchester United yaraye akiniye Portugal ku nshuro ya 197.
Ronaldo yanganyaga agahigo n’umunya Kuwait witwa Bader Al-Mutawa wari umaze igihe afite agahigo ko gukinira igihugu cye inshuro 196.
Ronaldo yageze ku nshuro ya 196 ubwo yinjiraga mu kibuga asimbuye mu gikombe cy’isi mu mukino batsinzwemo na Maroc.
Ronaldo ubu niwe mukinnyi wa mbere umaze guhamagarwa inshuro nyinshi mu ikipe y’igihugu ndetse abamukurikira benshi bahagaritse gukina.
Uyu yaraye atsinze ibitego 2 muri uyu mukino harimo penaliti yinjije ku munota wa 51 n’ikindi gitego yatsinze ku munota wa 63.Uretse Ronaldo,abandi bakinnyi batsindiye Portugal ibitego 4-0 yatsinze Liechtenstein ni Joao Cancelo na Bernardo Silva.
Ronaldo yakiniye bwa mbere Portugal muri 2003 ku myaka 18 ubwo yinjiraga asimbuye mu mukino batsinze igitego 1-0 Kazakhstan.
Ronaldo yavuze ko guca uduhigo bimutera imbaraga cyane.
Ku rundi ruhande,Harry kane nawe yakoze agahigo mu ikipe y’igihugu y’Ubwongereza ko kuba rutahizamu uyitsindiye ibitego byinshi kuko yinjije igitego cya 54 aca kuri Wayne Rooney wari ufite 53.
Kane yinjije penaliti mu bitego 2-1 Ubwongereza bwatsinze Ubutaliyani.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *