Cristiano Ronaldo niwe uyoboye ibindi byamamare mu kwinjiza amafaranga menshi kuri Instagram
Yanditswe: Friday 02, Jul 2021
Umukinnyi wa mbere ukurikirwa n’abantu benshi kurusha abandi ku isi ku mbuga nkoranyambaga,Cristiano Ronaldo yongeye gukora amateka yo kuba umuntu wa mbere winjiza amafaranga menshi kuri buri kintu ashyira kuri Instagram.
Cristiano Ronaldo yabaye uwa mbere winjiza agatubutse kuri buri post ashyize kuri Instagram ahigitse icyamamare mu gukina filimi,Dwayne ’The Rock’ Johnson.
Biravugwa ko uyu rutahizamu wa Juventus yinjiza miliyoni 1.2 by’amapawundi kuri buri post ashyize kuri Instagram. (...)
Umukinnyi wa mbere ukurikirwa n’abantu benshi kurusha abandi ku isi ku mbuga nkoranyambaga,Cristiano Ronaldo yongeye gukora amateka yo kuba umuntu wa mbere winjiza amafaranga menshi kuri buri kintu ashyira kuri Instagram.
Cristiano Ronaldo yabaye uwa mbere winjiza agatubutse kuri buri post ashyize kuri Instagram ahigitse icyamamare mu gukina filimi,Dwayne ’The Rock’ Johnson.
Biravugwa ko uyu rutahizamu wa Juventus yinjiza miliyoni 1.2 by’amapawundi kuri buri post ashyize kuri Instagram.
Ikinyamakuru Hopper HQ cyavuze ko Ronaldo yaca akayabo kari hagati ya miliyoni $1.6 na miliyoni £1.2 ushaka ko amwamamariza kuri Instagram.
Uyu kizigenza wubatse izina rikomeye muri Real Madrid akurikirwa n’abantu miliyoni zisaga 308 kuri Instagram.
N’ubwa mbere Ronaldo afashe uyu mwanya wa mbere kuko wari warihariwe na The Rock guhera muri 2017.
Uko urutonde ruhagaze:
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *