Rutahizamu wa Al-Nassr, Cristiano Ronaldo, yitezweho guhagarika imyigaragambyo amazemo iminsi, ku buryo yakinira ikipe ye mu mukino wa Shampiyona ya Arabie Saoudite uteganyijwe ku wa Gatandatu.
Ronaldo ntiyagaragaye mu mikino ibiri iheruka Al-Nassr yakinnye kubera kutishimira uburyo Ikigega cy’Ishoramari cya Arabie Saoudite (Public Investment Fund- PIF) gicunga iyi kipe.
Amakuru avuga ko uyu mukinnyi w’imyaka 41 yijejwe impinduka, ndetse azakina umukino wa Saudi Pro League, Al-Nassr izahuramo na Al Fateh ku wa Gatandatu.
Mbere y’uwo mukino, Al-Nassr izakina umukino wa kabiri muri Champions League ya Asia, aho izahura na FK Arkadag yo muri Turkménistan ku wa Gatatu.
Ronaldo yasubiye mu myitozo na bagenzi be mu cyumweru gishize, ariko ntiyari mu bakinnyi batoranyijwe n’Umutoza Jorge Jesus ku mukino wa Al-Ittihad wabaye ku wa Gatanu.
Shampiyona ya Arabie Saoudite yaburiye Ronaldo ko ibyo arimo byangiza isura yayo n’ubusugire bwa PIF.
Uyu mukinnyi yivumbuye nyuma yo kutishimira uburyo PIF yatonesheje amakipe ahanganye na Al-Nassr, aho iki kigega ari cyo gicunga amakipe ane akomeye muri Arabie Saoudite.
Bivugwa ko Ronaldo atishimiye kubona ikipe ye itagura abakinnyi bakomeye muri Mutarama, mu gihe Al-Hilal bahanganye yongereyemo Karim Benzema wavuye muri Al-Ittihad.
Cristiano Ronaldo ni we mukinnyi uhembwa amafaranga menshi ku Isi, aho kuri ubu ahabwa ibihumbi 500 by’Amapawundi ku munsi.
Kuri ubu afite amezi 18 asigaye ku masezerano ye, mu gihe ikipe yamwifuza yakwishyura miliyoni 43 z’Amapawundi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *