skol

Dani Alves agiye kurekurwa nyuma yo gutanga akayabo nk’ingwate

Yanditswe: Wednesday 20, Mar 2024

featured-image

Umukinnyi w’umupira w’amaguru muri Brazil, Dani Alves agiye kurekurwa muri gereza ku ngwate ya miliyoni imwe y’amayero (miliyoni 1.1 $) nyuma yo kujuririra ku cyaha cyo gufata ku ngufu yafungiwe.

Alves warangije hafi kimwe cya kane cy’igifungo cye cy’imyaka ine n’igice, yemerewe kurekurwa nyuma yo gutanga kariya kayabo nk’ingwate nk’uko urukiko rwa Barcelona rwabyemeje Ku wa gatatu.

Ibisabwa kugira ngo Alves arekurwe harimo kwamburwa pasiporo ye yo muri Brazil na Espagne kugira ngo adashobora kuva muri Esipanye kimwe n’inshingano yo kwitaba urukiko buri cyumweru cyangwa igihe cyose yahamagawe.

Urukiko rwashyizeho kandi itegeko ribuza Alves kwegera nibura kuri metero 1.300 uwo ashinjwa guhohotera.

Uyu wahoze ari myugariro wa Barcelona, ​​Juventus na PSG afungiye muri gereza ya Barcelona kuva muri Mutarama 2023.

Ku wa 22 Gashyantare 2024, yahamijwe icyaha cyo gufata ku ngufu umugore mu bwiherero bw’akabyiniro i Barcelona mu 2022 ari nijoro, anategekwa kumwishyura amayero 150.000. Yajuririye icyo gihano.

Benshi mu banyamategeko bavuze ko ibyo kurekura Alves nta butabera burimo kuko ngo ingingo yo kurekura umuntu atanze amafaranga iri mu itegeko rya Espagne ifasha abakire.

Dani yatawe muri yombi tariki ya 20/1/2023.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa