skol

Dani Alves yasabiwe gufungwa imyaka icyenda kubera ibyaha ashinjwa

Yanditswe: Friday 24, Nov 2023

featured-image

Umunya Brazil, Dani Alves,wakoze amateka muri FC Barcelona, yasabiwe gufungwa imyaka icyenda kubera ibyaha ashinjwa by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakoreye umugore mu Mujyi wa Barcelona.

Uyu mugabo w’imyaka 40 y’amavuko ari kuburanishirizwa muri Espagne aho ashinjwa ko yasambanyirije umugore mu Kuboza gushize.

Alves ari muri gereza nta ngwate kuva yatabwa muri yombi muri Mutarama azira ko yahohoteye umugore mu kabyiniro ka Barcelona nijoro.

Yavuze ko yaryamanye n’umushinja ku bwumvikane nyuma yo kubanza guhakana ko atigeze amusambanya.

Umushinjacyaha yasabye kandi ko Alves yazabuzwa kwegera uyu mugore nyuma y’igifungo kandi akishyura uyu mugore indishyi zingana n’amayero 150.000 (£ 130.500).

Muri Kanama, urukiko rwo muri Barcelona rwafashe Alves nyuma ruza kwemeza ko hari ibimenyetso bihagije bitumwa afungwa.

Itariki yo kuburana ntirashyirwaho kuri Alves, wakiniye Brazil mu gikombe cy’isi cy’umwaka ushize akaba yarasezerewe n’ikipe ya UNAM yo muri Mexico nyuma y’ifatwa rye.

Muri Espagne,icyaha cyo gusambanya ku gahato gishobora gukatirwa igifungo kiri hagati y’imyaka ine na 15.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa