Darwin Nunez waguzwe akayabo na Liverpool yahishuye icyatumye atenguha abafana
Yanditswe: Friday 07, Oct 2022
Rutahizamu wa Liverpool, Darwin Nunez, avuga ko yagowe no kwinjira mu mupira w’amaguru mu Bwongereza kubera ahanini ibibazo bye bwite.
Uyu rutahizamu waguzwe miliyoni 64 z’ama pound, yatsinze igitego cya mbere muri Premier League ku mukino wa mbere yakinnye,ariko aza guhagarikwa mu mikino 3 yakurikiyeho kubera ikarita itukura yahawe.
Nyuma yo kurangiza ibihano,uyu munya Uruguay yabuze umwanya burundu ndetse n’ubu biragoye gukina.
Nunez, ufite imyaka 23, avuga ko atajya yumva icyo (…)
Rutahizamu wa Liverpool, Darwin Nunez, avuga ko yagowe no kwinjira mu mupira w’amaguru mu Bwongereza kubera ahanini ibibazo bye bwite.
Uyu rutahizamu waguzwe miliyoni 64 z’ama pound, yatsinze igitego cya mbere muri Premier League ku mukino wa mbere yakinnye,ariko aza guhagarikwa mu mikino 3 yakurikiyeho kubera ikarita itukura yahawe.
Nyuma yo kurangiza ibihano,uyu munya Uruguay yabuze umwanya burundu ndetse n’ubu biragoye gukina.
Nunez, ufite imyaka 23, avuga ko atajya yumva icyo umutoza we Klopp avuga kuko atazi icyongereza.
Ati: "Ntabwo tuvugana cyane.Sinzi Icyongereza, ntazi Icyesipanyoli."
Nunez yaje muri Liverpool amaze imyaka ibiri muri Portugal hamwe na Benfica.Icyakora abatoza 2 bungirije ba Klopp,Lijnders na Vitor Matos - bavuga Ikinya Portugal nibo bafasha uyu mukinnyi
Nunez yabwiye TNT Sports Brasil ati: "Baba abasemuzi iyo Klopp aganira n’ikipe.Baba bicaye iruhande rwanjye bakansobanurira icyo ngomba gukora.
Batansobanuriye, nakwinjira mu kibuga ntazi icyo gukora.
"Ariko umubano wanjye n’umutoza ni uko anshyigikiye,ampa ikizere kandi ngomba kwishyura ibyo mu kibuga."
Nyuma yo guhagarikwa imikino itatu kubera ikarita itukura yahawe bakina na Crystal Palace, Nunez yananiwe gutsinda igitego mu mikino itanu yakiniye Liverpool.
Ariko yongeye gutangira bwa mbere muri Liverpool nyuma y’ukwezi kumwe ku wa kabiri,batsinda Rangers ibitego 2-0 muri Champions League.
Nunez yongeyeho ati: "Ukuri ni uko byari bigoye kumenyera ariko ndizera ko, uko imyitozo n’imikino bizagenda, nzazamuka buhoro buhoro."
"[Nyuma y’ikarita itukura] cyari igihe kitoroshye. Nzi ko nakoze ikosa rikomeye kandi nzi ko bitazongera ukundi.
Ngomba gutuza mu gihe cy’imikino, nkavuga bike. Twese dukora amakosa kandi nzi ko bizambera isomo.
Icy’ingenzi n’ukwigaragaza mu ikipe, nkaba umuntu ushobora guhora atanga umusanzu mu gukina neza kandi, naba ntatsinze igitego, ngutuza.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *