Demba Ba wari umaze amezi 9 mu mvune yagarutse mu kibuga ahita abona igitego
Yanditswe: Tuesday 02, May 2017
Nyuma y’ imvune ebyiri zikurikiranye yagize bigatuma amara amezi 9 adakandagira mu kibuga rutahizamu w’ umunyasenegal Demba Ba yagarutse mu kibuga ahita abona igitego
Mu mezi icyenda ashize Demba Ba yavunitse amafufa abiri yo mu kuguru Tibia na Perone benshi batangira kwibwira ko ibye no gukina umupira w’ amaguru bihagaze, gusa nyuma y’ igihe kitari gito akurikiranwa n’ abaganga b’ inzobere mu gihugu cy’ u Bushinwa yongeye kugaruka mu kibuga ku cyumweru taliki ya 30 Mata.
Demba Ba (…)
Nyuma y’ imvune ebyiri zikurikiranye yagize bigatuma amara amezi 9 adakandagira mu kibuga rutahizamu w’ umunyasenegal Demba Ba yagarutse mu kibuga ahita abona igitego
Mu mezi icyenda ashize Demba Ba yavunitse amafufa abiri yo mu kuguru Tibia na Perone benshi batangira kwibwira ko ibye no gukina umupira w’ amaguru bihagaze, gusa nyuma y’ igihe kitari gito akurikiranwa n’ abaganga b’ inzobere mu gihugu cy’ u Bushinwa yongeye kugaruka mu kibuga ku cyumweru taliki ya 30 Mata.
Demba Ba yinjiye mu kibuga asimbuye ku mukino wahuje ikipe ye yatijwemo ya Besiktas yatsinzwemo na Istanbul Basaksehir ibitego bitatu kuri kimwe.
Demba ba yavunitse ukuru guhinduka umuheto
Demba Ba yavunitse mu kwezi kwa Nyakanga 2016, ku myaka ye 31 bamwe batangira kuvuga ko atazagaruka mu kibuga kubera uburemere bw’imvune yari amaze guhura nayo.
Ku munsi wa 29 wa shampiyona y’ikiciro cya mbere muri Turukiya Demba Ba yinjiye mu kibuga ku munota wa 78, ubwo ikipe ye ya Besiktas yakinaga na Istanbul Basaksehir, nyuma y’iminota 12 gusa abafasha kongera gutsinda igitego nyuma y’amezi icyenda adakandagira mu kibuga.
Abinyujije kuri instagram iki gitego yatsinze, yagituye abamufana bose n’abamukunda, ndetse anashimira Imana.
Uyu munyasenegal yaguzwe n’ikipe ya Shanghai Shenhua yo mu bushinwa ari nayo yamutije mu ikipe ya Beskitas yo muri Turukiya.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *