skol

Didier Drogba agiye kongera kugaruka mu Rwanda

Yanditswe: Tuesday 31, Oct 2023

featured-image

Umunyabigwi muri Ruhago Didier Drogba ategerejwe mu Rwanda, aho azitabira Inama y’Ihuriro Mpuzamahanga y’Ubukerarugendo (World Travel & Tourism Council (WTTC) izamara iminsi itatu ibera i Kigali.

Biteganyijwe ko Drogba wabaye rutahizamu ukomeye mu makipe y’i Burayi nka Chelsea FC n’Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire azatanga ikiganiro muri iyi nama.

Drogba w’imyaka 45 yabaye kapiteni wa Côte d’Ivoire ndetse yayitsindiye ibitego byinshi kurusha abandi bakinnyi, by’umwihariko aba umunyabigwi mu ikipe ya Chelsea mu Bwongereza kubera ibyo yayifashije kugeraho mu myaka icyenda yayikiniye.

Didier Drogba ari mu Chelsea, yatsinze ibitego 104 mu mikino 244 yayikiniye,mu gihe cy’imyaka 9 yahamaze.

Drogba kandi yabaye umukinnyi w’umwaka muri Afurika inshuro ebyiri zitandukanye, hagati ya 2006 na 2009.

Muri 2029 nabwo uyu munyabigwi yaje mu Rwanda mu nama ya YouthConnekt ihuriza hamwe urubyiruko ruturutse mu bihugu bitandukanye muri Afurika, hakaganirwa ku nsanganyamatsiko zinyuranye.

Mu mwaka ushize nabwo,yitabiriye umuhango wo kwita amazina abana b’ingangi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa