skol

Eden Hazard yahemukiwe n’abafana ba Real Madrid

Yanditswe: Thursday 13, Oct 2022

featured-image

Umukinnyi Eden Hazard ntiyorohewe na gato n’ubuzima bwo muri Espagne kuko yavugirijwe induru n’abafana b’ikipe akinira ya Real Madrid.
Uyu mukinnyi wahoze akinira Chelsea w’imyaka 31, akomeje guhatana kugira ngo arebe ko yagira ibihe byiza muri iyi kipe yahoze arota gukinira ariko ntahirwe ayigezemo.
Gusimbuzwa mu kibuga byabaye nyuma y’uko uyu mukinnyi mpuzamahanga w’Ububiligi yagiye atakaza umupira inshuro nyinshi mu mukino wa Champions League baheruka gukina na Shakhtar Donetsk kuwa (…)

Umukinnyi Eden Hazard ntiyorohewe na gato n’ubuzima bwo muri Espagne kuko yavugirijwe induru n’abafana b’ikipe akinira ya Real Madrid.

Uyu mukinnyi wahoze akinira Chelsea w’imyaka 31, akomeje guhatana kugira ngo arebe ko yagira ibihe byiza muri iyi kipe yahoze arota gukinira ariko ntahirwe ayigezemo.

Gusimbuzwa mu kibuga byabaye nyuma y’uko uyu mukinnyi mpuzamahanga w’Ububiligi yagiye atakaza umupira inshuro nyinshi mu mukino wa Champions League baheruka gukina na Shakhtar Donetsk kuwa kabiri.

Ikinyamakuru AS kivuga ko Hazard yavugirijwe induru n’abafana ba Los Blancos ubwo yasimbuzwaga ku munota wa 57.

Carlo Ancelotti yahamagaye umutoza wungirije - umuhungu we, Davide - maze asaba ko Vinicius Jr yishyuha kugira ngo asimbure Hazard.

Uyu mukinnyi wahoze akina muri Premier League yahuye n’ibibazo byinshi by’imvune kuva yinjiye muri Madrid avuye muri The Blues kuri miliyoni 88.5 z’ama pound muri 2019.

Uyu mwaka byakekwaga ko ushobora kuba mwiza kuri Hazard nyuma yo gushimisha abayobozi ba Real mu myitozo yo gutegura umwaka w’imikino mu mezi ashize.

Ariko uyu mugabo yagaragaye mu mikino itatu gusa mu munani ya La Liga ikipe ya Madrid imaze gukina kugeza ubu.Yabanje mu kibuga mu mukino umwe gusa.

Aganira n’ibitangazamakuru byo muri Esipanye, Hazard yagize ati: "Ndi mu bihe bigoye kuko nshaka gukina ariko sinkina.

Numva meze neza muri Real Madrid, nkina gake,Kandi iyo nkinnye, nkina neza. Ni ibintu byoroshye kuko nshaka gukina cyane,

Nzi icyo nshobora gukora iyo nkinnye.

Ndashaka gukina umubare ntarengwa w’iminota no kugera mu gikombe cy’isi mpagaze neza."

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa