skol

Eden Hazard yakoze igikorwa cyababaje abafana ba Real Madrid nyuma yo gutsindwa na Chelsea

Yanditswe: Thursday 06, May 2021

Umukinnyi Eden Hazard ukina asatira mu ikipe ya Real Madrid,yababaje abafana b’iyi kipe ubwo bari bamaze gutsindwa na Chelsea ibitego 2-0 mu mukino wa ½ wa UEFA Champions League akagaragara ari guseka cyane aho kurakazwa nuko atageze ku mukino wa nyuma.

Mu ijoro ryo kuwa Gatatu,nibwo Chelsea yasezereye Real Madrid iyitsinze ibitego 3-1 mu mikino yombi ariko Eden Hazard wahawe umwanya wo kubanza mu kibuga ndetse agakina iminota hafi 90,yagaragaye yisekera aho kubabazwa nuko ntacyo yakoze ngo ikipe ye igere ku mukino wa nyuma.

Zidane yari yahaye umwanya Hazard kugira ngo amufashe gusezerera ikipe yahozemo ariko uyu Mubiligi yagaragaje ko ntacyo byamutwaye kuba yasezerewe n’iyi kipe yamazemo imyaka isaga 7.

Uwahoze ari umukinnyi wa Liverpool, Don Hutchinson yabwiye BBC ati “Hari ikintu nabonye gisekeje. Eden Hazard ari guseka na Kurt Zouma na Edouard Mendy.Kandi ni ½ cya UEFA Champions League.Ndabizi ko ari inshuti yabo cyane ariko sinkeka ko Cristiano Ronaldo yava mu kibuga ari guseka ngo nuko Real Madrid yamutsinze.Uko niko Hazard ari inyuma.Ntabwo ndi kumunenga ariko njye ndabona bibabaje kubibona.”

Ku mbuga nkoranyambaga hari abafana ba Real Madrid barakaye cyane kubera aya mashusho yashyizweho hanze uyu Hazard ari guseka nyuma yo gusezererwa ndetse bamwe bamututse karahava.

Josep Pedredol usanzwe azwi cyane mu kiganiro cya El Chiringuito muri Espagne,yasabye Real Madrid kwirukana Hazard agasubira muri Lille yazamukiyemo.Yavuze ati “Ntakwiriye no kumara isegonda muri Real Madrid.”

Eden Hazard yagaragaye yishimanye n’abakinnyi ba Chelsea

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa