skol
fortebet

Espagne yegukanye igikombe cy’isi ihigitse Argentine

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Monday 20, Jul 2026

Espagne yegukanye igikombe cy'isi ihigitse Argentine

Sponsored Ad

skol

Ikipe y’igihugu ya Espagne yegukanye igikombe cy’Isi nyuma yo gutsinda Argentine igitego 1-0.

Ku isaha ya Saa tatu z’ijoro zo ku cyumweru tariki 19 Nyakanga 2026, nibwo umukino watangiye. Ni umukino watangiye nk’ibisanzwe Ikipe y’igihugu ya Espagne ari yo yihariye umukino.

Abasore bayo barimo Ayazabal, Lamine Yamal, Dani Olmo, batangiye bahusha uburyo wavuga bukomeye. Umuzamu wa Argentine, Emiliano Martinez ageragaza kugumisha mu mukino ikipe y’igihugu ya Argentine kuko yagiye akuramo amashoti akomeye y’aba bakinnyi.

Igice cya mbere cyarangiye ikipe zombi zinganyije 0-0. Ni gice wavuga ko Espagne yihariye umupira cyane kuko hari abonaga irimo kugerageza guhererekanya cyane ariko bakagorwa n’imikinire ya Argentina yo kugerageza kubabuza gukina.

Ku munota wa 60, ikipe y’igihugu ya Argentine yagize amahirwe nyuma y’igitego cyahushijwe na Ferran Tores. Ni umupira yari ahawe na Lamine Yamal wari uzamutse yiruka cyane akata Santire nziza ariko umuzamu wa Argentine aratabara.

Ku munota wa 95, ikipe y’igihugu ya Argentine yabonye ikarita y’umutuku ku ikosa rikomeye Enzo Fernandes yakoreye Pau Cubarsi ahabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo.

Umukino warangiye ikipe zombi zinganyije 0-0. Ni umukino wagoye cyane ikipe y’igihugu ya Argentine yarushijwe cyane na Espagne, ariko birangiye amakipe yerekeje mu minota 30 y’inyongera.

Ikipe y’igihugu ya Espagne yatsinze igitego cya mbere gitsinzwe na Ferran Tores. Ni igitego cyabonetse ku munota wa 106 nyuma y’akazi gakomeye ka Nico Williams wamuhaye umupira n’umutwe usanga aho ahagaze nawe atsinda igitego cyiza.

Umukino warangiye ikipe y’igihugu ya Espagne ariyo yegukanye igikombe cy’Isi nyuma yo gutsinda Argentine igitego 1-0. Ni igikombe cy’Isi cya kabiri Ikipe y’igihugu ya Espagne yegukanye nyuma y’inyongera yatwariye muri Afurika y’epfo 2010.

Umukinnyi w’irushanwa yabaye Rodri, umukinnyi ukuri muto yabaye Pau Cubarsi, umuzamu mwiza yabaye Unai Simon, uwatsinze ibitego byinshi yabaye Kylian Mbappe watsinze ibitego 10.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa