skol

Etincelles FC itegereje abakinnyi babiri bazwi mu karere bo kuyifasha kutamanuka

Yanditswe: Friday 26, Jan 2024

featured-image

Ikipe ya Etincelles FC yamaze gusinyisha rutahizamu wahoze akinira ikipe ya Yanga SC na Tanzania, Ditram Nchimbi,ngo ayifashe kudasubira mu cyiciro cya 2 umwaka utaha.

Etincelles ishaka kugaruka mu bihe byiza,yasinyishije uyu mukinnyi amasezerano azageza muri Kamena 2024.

Etincelles iri kurwana no kutamanuka,iri gusoza ibiganiro n’umuzamu w’Umurundi Arakaza MacArthur.

Arakaza ategerejwe mu ikipe ya Etincelles FC y’i Rubavu ndetse ngo arasinya amasezerano y’amezi 6.

Uyu muzamu w’Intamba kuva muri 2012, afite imyaka 28, akaba yari amaze iminsi akora imyitozo i Burundi. Yaherukaga muri Geita Gold ya Tanzania.

Yakiniye amakipe menshi ariko Vital’o y’iwabo, SC Villa ya Uganda, Power Dynamos ya Zambia.

Nyuma y’uko Etincelles FC itsinzwe n’Amagaju FC igitego 1-0 mu mukino uheruka, yahise yisanga ku mwanya wa 14 n’amanota 17 ndetse mu mukino ukurikira izakina na mukeba wayo Marines FC kuri uyu wa Gatandatu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa