skol
fortebet

Etincelles yishyuye miliyoni 3 Frw yishyuzwaga n’Akarere ka Rubavu

Yanditswe: Wednesday 18, Dec 2024

featured-image

Sponsored Ad

Perezida wa Etincelles FC Ndagijimana Enock yatangaje ko yamaze kwishyura Miliyoni eshatu, zakoreshejwe hagurwa umukinnyi w’umunyamahanga mu rwego rwo kwirinda kwitaba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Sponsored Ad

Ibi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yahaye BWIZA, kuri uyu wa Gatatu, tariki 18 Ukuboza 2024.
Etincelles FC ibanziriza ikipe ya nyuma muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda muri uyu mwaka w’imikino, yari yahawe amafaranga ariyo yatumye ubuyobozi bw’akarere bwandikira RIB buyisaba kuyabagaruriza (Miliyoni 3 Frw) kuko yakoreshejwe ibyo atagenewe .
Mu ma baruwa BWIZA ifitiye kopi harimo iyandikiwe RIB tariki 06 Ukuboza 2024, bigaragaza ko kuri iyi tariki kandi Ubuyobozi bwa Etincelles FC nabwo bwandikiye Akarere ka Rubavu bubasubiza ku ibaruwa bari barandikiwe kuwa 12 Ugushyingo 2024 basabwa gusubiza ayo mafaranga yakoreshwejwe hagurwa umukinnyi w’umunyamaganga.

Ubuyobozi bw’iyi kipe aho bwemeraga kuzasubiza aya mafaranga nyuma yo guhabwa inkunga bagenerwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru FERWAFA.
Mu kiganiro Ndagijimana Enock, Perezida wa Etincelles FC yahaye BWIZA yahamije ko ziriya Miliyoni 3 Frw yamaze kuzishyura ayavanye ku mufuka we, aho kwitaba RIB.
Ati “Aho kwitaba RIB kubera Miliyoni 3 Frw, amafaranga nayishyuye nyavanye mu mufuka wanjye n’ubwo yakoreshejwe agurwa umukinnyi mu nyungu z’ikipe, gusa nyuma y’uko akarere kirukiye muri RIB ku kibazo twakaganiriyeho twakoze inama nka Komite twemera kuyishyura.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa