skol

FC Saint-Éloi Lupopo yo muri RDC yageze i Kigali

Yanditswe: Wednesday 11, Feb 2026

featured-image

Ikipe ya Saint-Éloi Lupopo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yageze i Kigali aho izakirirwa na Al-Hilal SC mu mukino usoza iyo mu Itsinda C rya CAF Champions League.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ahagana Saa Yine, ni bwo iyi kipe itozwa na Guy Bukasa yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe.

Umukino uzahuza amakipe yombi uzabera muri Stade Amahoro ku wa Gatandatu, tariki ya 14 Gashyantare 2026, guhera Saa Cyenda.

Kuri ubu Al-Hilal SC iyoboye Itsinda C n’amanota umunani, ikurikiwe na MC Alger ifite amanota arindwi na Mamelodi Sundowns ifite amanota atandatu mu gihe FC Saint-Éloi Lupopo ifite amanota atanu.

Al-Hilal SC izaba isabwa gutsinda cyangwa kunganya kugira ngo igere muri 1/4 cy’iri rushanwa Nyafurika ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Ni mu gihe FC Saint-Éloi Lupopo yo izaba isabwa gutsinda nibura ku kinyuranyo cy’ibitego bine, ariko Mamelodi Sundowns ikanganya na MC Alger, kugira ngo ibashe kurenga amatsinda.

Kwinjira kuri uyu mukino byagizwe 2000 Frw mu myanya isanzwe hasi no hejuru, ibihumbi 15 Frw muri VIP, ibihumbi 50 Frw muri VVIP, ibihumbi 100 Frw muri Executive Seats na miliyoni 1 Frw muri Skybox.

Amatike ari kugurirwa kuri *939*3*2# no kuri www.sportspass.rw.

Ni umukino wa gatatu wa CAF Champions League, Al-Hilal SC igiye gukinira muri Stade Amahoro nyuma yo kuhatsindira MC Alger ibitego 2-1 na Mamelodi Sundwons ibitego 2-1.

FC Saint-Éloi Lupopo yageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu

Iyi kipe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izakirwa na Al-Hilal ku wa Gatandatu mu mukino wa CAF Champions League

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa