Felipe Luis yahishuye ukuntu yahemukiye Di Maria akoresheje umugore we bikamugiraho ingaruka
Yanditswe: Monday 11, Dec 2023
Uwari Myugariro, Felipe Luis wamenyekanye mu ikipe ya Atletico Madrid,yahishuye ko ikintu yicuza kurusha ibindi mu gihe yari umukinnyi,n’ukwibasira umukinnyi Angel di Maria,akoresheje umugore we.
Nubwo hari bimwe mu bintu byababaje uyu mukinnyi benshi babona nko gutsindirwa kabiri ku mukino wa nyuma wa Champions League na Real Madrid no kunanirwa kwitwara neza muri Chelsea yagezemo muri 2014,akayivamo nabi nyuma y’umwaka umwe.
Mu kiganiro yahaye Charla Podcast nyuma y’iminsi mike asezeye ku mupira w’amaguru muri Flamengo, uyu mugabo w’imyaka 38 y’amavuko yavuze ikintu kibi yicuza mu mupira w’amaguru ari icyabaye muri 2010.
Ati: "Ngiye gufungura umutima wanjye ku kintu nicuza cyane mu mwuga wanjye.
Niba hari ikintu nicuza rwose kuba narakoze, kandi nkaba nakwifuza gusubira inyuma kugira ngo singikore,cyabaye kuri Angel Di Maria.
Nageze muri Atletico Madrid kandi twari tugiye gukina na Real Madrid. Kun Aguero yarambwiye ati ’Filipe, numwegera arabura, arava mu mukino. Amahirwe ya mbere, umubwire ku mugore we.
Ubwo nabonaga Di Maria, naramubwiye nti: ’Umugore wawe…’ Sinzi icyo [navuze]. Naramututse, navuze izina ry’umugore we.
Hanyuma aranyitegereza,ababaye cyane, namufashe umukino wose. Kandi mu by’ukuri ntabwo yagize umukino mwiza.
Nageze mu rugo ndabyicuza cyane. Kuri Di Maria,musabye imbabazi inshuro igihumbi, nshuti, mbabajwe no kuba naragukoreye ibyo."
Umugore wa Di Maria, Jorgelina Cardoso,n’umwe mu bagiye bagaragara mu binyamakuru bagerageza kuvuganira umugabo we no kwibasira abatoza bamweimye umwanya.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *