skol

FERWAFA izakura he miliyari 14,5 Frw izakoresha mu 2026?

Yanditswe: Tuesday 06, Jan 2026

featured-image

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riheruka kugaragaza ko muri uyu mwaka wa 2026 rizakoresha ingengo y’imari ingana na miliyari 14,5 Frw.

Iyi ngengo y’imari izemerezwa mu Nteko Rusange Isanzwe izaba ku wa 10 Mutarama 2026, izifashishwa mu bikorwa bitandukanye birimo ibya FERWAFA, imikino y’amakipe y’igihugu no kubaka ibikorwaremezo birimo ibibuga bito byemewe na FIFA.

FERWAFA igaragaza ko amafaranga yose izakoresha, yamaze kubona aho azava. Amenshi muri iyo azatangwa na Minisiteri ya Siporo ndetse n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).

Buri mwaka izi nzego zombi zigira uruhare rukomeye mu bikorwa by’umupira w’amaguru mu Rwanda, aho Minisiteri ya Siporo ari yo irebwa n’ibijyanye n’amakipe y’Igihugu azakoresha miliyari 4,15 Frw mu mikino azakina muri uyu mwaka, mu gihe hari n’imishahara izatanga ingana na miliyari 1,57 Frw mu 2026.

Binyuze muri gahunda ya FIFA Forward 3.0, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi rizatanga miliyoni 1,55$ (Miliyari 2.27Frw) ndetse na miliyoni 1,2$ (1,8 Frw) mu gushyigikira imishinga ya FERWAFA.

FIFA izatanga kandi ibihumbi 300$ (Miliyoni 439,5 Frw) muri gahunda ya ‘Talent Development Scheme- TDS’ yo guteza imbere impano z’abakiri bato ndetse na miliyari 1 Frw yo kwakira imikino ya gicuti ya FIFA Series izahuriza ibihugu umunani mu Rwanda muri Werurwe.

Uru rwego ruzatanga kandi ibihumbi 200$ (Miliyoni 293 Frw) muri gahunda yo guteza imbere ruhago y’abagore n’andi miliyoni 10 Frw y’ibikorwa bijyanye na yo.

FERWAFA izishyurwa ibihumbi 350$ (Miliyoni 512,75 Frw) kubera amashusho y’imikino FIFA yerekana, mu gihe Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) izatanga ibihumbi 400$ (Miliyoni 586 Frw) muri gahunda ya CAF Impact.

Ahandi hateganywa amafaranga ni mu Gikombe cy’Intwari (Miliyoni 45 Frw), PSG Academy Rwanda (Miliyoni 158 Frw), Bayern Munich Academy Rwanda (Miliyoni 386,094 Frw azatangwa na Minisiteri ya Siporo) n’amafaranga azava ku bibuga angana na miliyoni 85 Frw.

FERWAFA yiteze kubona miliyoni 80 Frw kuri Super Cup izaba ku wa 10 Mutarama, miliyoni 80 Frw mu Gikombe cy’Amahoro, miliyoni 350 Frw mu bafatanyabikorwa, miliyoni 50 Frw muri Rwanda Premier League, miliyoni 54,8 Frw mu kwiyandikisha kw’amakipe na miliyoni 40 Frw y’imyitozo.

Hoteli y’iri Shyirahamwe yitezweho kwinjiza miliyoni 350 Frw, mu gihe FERWAFA kandi yiteze kuzabona inkunga ya Miliyoni 61,8 Frw yo kubaka ibibuga bito n’inyungu ya miliyoni 200 Frw azava mu ivunjisha.

Minisiteri ya Siporo na FIFA bizatanga arenga miliyari 10 Frw mu ngengo y’imari ya miliyari 14,5 Frw FERWAFA izakoresha mu 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa