FERWAFA yasubitse umukino wa Rayon Sports isubukura ikirarane cya APR FC
Yanditswe: Tuesday 04, Oct 2022
Umukino wagombaga guhuza Rayon Sports na AS Kigali, ku munsi wa 5 wa Shampiyona, wasubitswe bitewe n’imikino nyafrika iyi kipe izakina.
Uyu mukino wari uteganyijwe Tariki ya 11 Ukwakira 2022 wasubitswe, kuko ikipe ya AS Kigali izaba yerekeje muri Libya gukina na Al Nasr SC mu mukino wo kwishyura wa CAF Confederations Cup,mu ijonjora rya kabiri.
AS Kigali niyo kipe yonyine isgaye ihagarariyemo u Rwanda mu marushanwa ya CAF.FERWAFA yemeje ko izatangaza igihe uyu mukino uzabera mu bihe (…)
Umukino wagombaga guhuza Rayon Sports na AS Kigali, ku munsi wa 5 wa Shampiyona, wasubitswe bitewe n’imikino nyafrika iyi kipe izakina.
Uyu mukino wari uteganyijwe Tariki ya 11 Ukwakira 2022 wasubitswe, kuko ikipe ya AS Kigali izaba yerekeje muri Libya gukina na Al Nasr SC mu mukino wo kwishyura wa CAF Confederations Cup,mu ijonjora rya kabiri.
AS Kigali niyo kipe yonyine isgaye ihagarariyemo u Rwanda mu marushanwa ya CAF.FERWAFA yemeje ko izatangaza igihe uyu mukino uzabera mu bihe biri imbere.
Umukino wa shampiyona w’ikirarane wagombaga guhuza APR FC na Bugesera FC washyizwe kuri uyu wa gatanu saa 15h00’ kuri stade ya Bugesera.
Uyu mukino wari wasubitswe kubera ko APR FC yari mu myiteguro yo guhura na US Monastir muri CAF Champions League byarangiye isezerewe ku bitego 4-1 mu mikino yombi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *