skol
fortebet

FERWAFA yatangaje igihe shampiyona izatangirira n’uko izakinwa

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Sunday 21, Mar 2021

Sponsored Ad

skol

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda [FERWAFA] ryatangaje ko ryateganyije ko Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere izatangira tariki ya 15 Mata 2021, igakinwa mu matsinda ane kugira ngo irangirire igihe.
Urubuga rwa internet rw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, rwatangaje ko Umuvugizi wungirije wa FERWAFA, Karangwa Jules, yarubwiye ko bateganyije ko mu gihe shampiyona izaba ikomorewe, izakinwa mu matsinda ndetse ikaba yatangira tariki ya 15 Mata 2021.
Ati (…)

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda [FERWAFA] ryatangaje ko ryateganyije ko Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere izatangira tariki ya 15 Mata 2021, igakinwa mu matsinda ane kugira ngo irangirire igihe.

Urubuga rwa internet rw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, rwatangaje ko Umuvugizi wungirije wa FERWAFA, Karangwa Jules, yarubwiye ko bateganyije ko mu gihe shampiyona izaba ikomorewe, izakinwa mu matsinda ndetse ikaba yatangira tariki ya 15 Mata 2021.

Ati “Twageze ku gitekerezo cyo gushyira amakipe mu matsinda kugira ngo shampiyona izarangire mbere ya Kamena mu rwego rwo kubahiriza no gukurikiza ingengabihe ya CAF mu mwaka utaha w’imikino.”

CAF yanditse ko ubu buryo bwatuma Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere ikinwa mu gihe cy’ibyumweru biri hagati ya bine na bitandatu.

APR FC, Rayon Sports, Police FC na Mukura zizayobora amatsinda.Shampiyona izamara ukwezi n’igice.

Amakipe ari mu itsinda rimwe azahura hagati yayo, abiri ya mbere mu itsinda ajye muri ¼ mu gihe azagera ku mukino wa nyuma ari yo azakina CAF Champions League na Confederation Cup mu 2021/2022.

Shampiyona nikinwa mu matsinda, bizaba bibaye ubwa gatatu mu mateka y’umupira w’amaguru mu Rwanda.

Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe tariki ya 12 Ukuboza 2020 imaze gukinwamo iminsi itatu gusa, kubera ko hari amakipe yagaragayemo ubwandu bwa COVID-19.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa