Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryashyize hanze ingengabihe y’irushanwa ry’amakipe ane yabaye aya mbere muri Shampiyona y’u Rwanda 2025-26 (BK Pro League).
Iyi ngengabihe yohererejwe amakipe arimo APR FC, Rayon Sports, Kiyovu Sports na Police FC, ikaba igaragaza ko iri rushanwa rizatangira gukinwa tariki ya 22 Kanama hakinwa 1/2 mu gihe ku wa 28 Kanama hazakinwa umukino wa nyuma.
Ikipe y’ingabo izakina na Kiyovu Sports yabaye iya Gatatu mu gihe Rayon Sports yabaye iya kabiri, izakina na Police FC yabaye iya Kane.



Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *